Ibisasu bya Ukraine byarashe uruganda rwa gisirikare rw’Uburusiya
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zagabye igitero cya misile ku ruganda rwa gisirikare ruri imbere mu Burusiya mu ijoro ryo ku wa Kabiri.
Yavuze ko ibisasu bya FP-5 Flamingo byaraswe ku ruganda rukora ibikoresho bikoreshwa na drones mu Mujyi wa Cheboksary, uri ku ntera y’ibirometero bisaga 900 uvuye ku mupaka wa Ukraine.
Abayobozi bo muri ako karere batangaje ko abantu batatu bakomerekeye muri icyo gitero cya misile cyibasiye uwo mujyi.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.