Kenya: Urukiko rukubise ahababaza Gachagua
Urukiko rukuru rwa Kenya rwemeje ko iyeguzwa rya Rigathi Gachagua ku mwanya wa Visi Perezida ryakozwe mu buryo bwemewe n’amategeko, rutesha agaciro ibirego bye byavugaga ko yibasiwe ku mpamvu za politiki. Icyakora, urukiko rwasanze Sena yarahonyoye uburenganzira bwe ubwo yakomezaga ibikorwa byo kumweguza kandi arwaye, rutegeka ko ahabwa indishyi ya miliyoni 50 z’amashilingi ya Kenya.
Iki cyemezo gikomeje gukoma mu nkokora inzozi za Gachagua zo kongera kwinjira mu buyobozi bw’igihugu cyangwa kwiyamamariza umwanya wa Perezida. Urukiko kandi rwemeje Kithure Kindiki nk’uwamusimbuye, mu gihe Gachagua we yatangaje ko azajuririra iki cyemezo nyuma yo gushwana bikomeye na Perezida William Ruto no gukurwa ku butegetsi ashinjwa ruswa, gukurura amacakubiri no kubangamira imikorere ya leta.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.