RRA yatanze iminsi 30 yo kugurisha lisansi imaze igihe mu bubiko
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyasabye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli gukura vuba mu bubiko lisansi na mazutu imaze igihe kirenga amezi atandatu idakoreshwa, ingana na litiro 1.993.750, kugira ngo itunganywe ishyirwe ku isoko igurishwe.
Mu itangazo ryacyo, RRA yamenyesheje ko iyi lisansi igomba kuba yamaze kumenyekanishwa no kuvanwa mu bubiko mu gihe kitarenze iminsi 30 cyagenwe.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko abazananirwa kubahiriza iri tegeko bazafatirwa ingamba, aho ibicuruzwa bya bo bishobora gufatwa bikagurishwa n’inzego za gasutamo.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.