Nyuma yo kunengwa bikomeye Perezida wa FIFA, Infantino, yagaragaye afite ibendera rya Misiri (Egypt)

Ibi byabaye mu mukino w’Igikombe cy’Isi cya 2026 wahuje Colombia n’u Busuwisi wabereye i Vancouver.
Perezida wa FIFA Gianni Infantino yafashe iri bendera rya Misiri nyuma yo kunengwa bikomeye no gushinjwa kubogama.
Ibyo byashibutse ku myanzuro n’imisifurire itavugwaho rumwe mu mukino wa 1/8 cy’irangiza, Argentine yatsinzemo Misiri ibitego 3-2 mu buryo butaravuzweho rumwe n’abafana ndetse n’abakurikira umupira w’amaguru.
Kugaragara afite iri bendera byafashwe na benshi nk’uburyo bwo kugerageza gucururutsa umurego w’abayandagaje ku mbuga nkoranyambaga (damage control) no kwerekana ko nta kubogama kurangwa muri FIFA.

Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.






