Sena y’Amerika yatoye itegeko rigabanyiriza Trump ububasha
Inteko Nkenguzamateka y’Amerika yemeje umwanzuro usaba Perezida Donald Trump guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Iran cyangwa akabanza kubisabira uburenganzira Inteko Ishinga Amategeko. Uwo mwanzuro watowe n’Abasenateri 50 bawushyigikiye mu gihe 48 bawurwanyije, bamwe mu Barepubulikani bifatanya n’Abademokarate.
Nubwo uwo mwanzuro udafite imbaraga z’itegeko, ugaragaza impungenge z’abadepite n’abasenateri ku ntambara imaze amezi hafi atanu. Trump yawunenze avuga ko wafashwe mu gihe kidakwiye kandi ko ushobora kumugora mu kazi ke, ariko ashimangira ko azakomeza gukora ibyo ashinzwe.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.