Umukinnyi wa Zimbabwe yarusimbutse
Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Zimbabwe, Divine Lunga, yarokotse igitero cy’amasasu yagabwe ku modoka ye mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Polisi yavuze ko uwo mukinnyi w’imyaka 31 yarashwe n’umuntu utaramenyekana ubwo yari mu gace ka Hillbrow, ariko akaba ataragize imvune.
Lunga, ukinira ikipe y’igihugu ya Zimbabwe ndetse n’ikipe ikomeye y’Afurika y’Epfo ya Mamelodi Sundowns, yari kumwe na murumuna we ubwo bagabwagaho igitero, aho bivugwa ko bari bagiye mu masengesho. Polisi yatangiye iperereza ku cyaha cyo gushaka kwica umuntu, ariko kugeza ubu nta ukekwa wari wamara gutabwa muri yombi. Ibi bibaye mu gihe Afurika y’Epfo ikomeje guhangana n’ikibazo cy’ubugizi bwa nabi n’ubwicanyi bukomeje gutera impungenge.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.



