AmakuruPolitiki

Pakistani yatangaje intambara yeruye kuri Afghanistani

Pakistani yemeje ko yagabye ibitero ku mijyi ya Kabul, umurwa mukuru w’Afghanistan, no kuri Kandahar, ivuga ko ari igikorwa cyo kwihorera ku bitero yari imaze kugabwaho mbere nk’uko BBC yabitangaje.

Ibi bitero byabaye nyuma y’amasaha make Pakistan itangaje ko abasirikare babiri ba yo bishwe n’igitero cyaturutse muri Afghanistan hafi y’umupaka w’ibihugu byombi.

Nyuma y’ibi bitero, Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Khawaja Muhammad Asif, yatangaje amagambo akomeye, avuga ko hatangiye “intambara yeruye” hagati ya Pakistan n’ubutegetsi bw’Abatalibani muri Afghanistan.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yavuze ati: “Pakistan yakoze ibishoboka byose kugira ngo ikibazo gikemuke binyuze mu biganiro bitaziguye no mu bufasha bw’ibihugu by’inshuti. Ariko ukwihangana kwacu kwageze ku musozo. Ubu ni intambara yeruye hagati yacu namwe”.

Mosharraf Zaidi, umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, yatangaje ko Abatalibani 133 bishwe, naho abarenga 200 bakomeretse muri ibi bitero by’ingabo za Pakistan. Mu itondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026, yongeye kwandika kuri X ko hari “abandi benshi bakomeretse cyane” mu bitero byagabwe ku mijyi ya Kabul, Paktia na Kandahar.

Imijyi ya Afghanistan yatewe ni Kabul, umurwa mukuru, Kandahar hamwe na Paktika

Gusa umuvugizi w’Abatalibani, Zabihullah Mujahid, yahakanye ayo makuru, avuga ko nta muntu n’umwe wakomeretse muri ibyo bitero.

Amakimbirane hagati ya Pakistan n’Afghanistan afite inkomoko mu mwaka wa 1947, ashingiye ku kibazo cy’imbibi n’abaturage b’aba-Pashtun batuye ku mpande zombi z’umupaka.

Mu 2001, ubwo Amerika yateraga Afghanistan igakura Abatalibani ku butegetsi, Pakistan yashinjwe kubaha ubuhungiro. Abatalibani bongeye gufata ubutegetsi mu 2021, icyo gihe Pakistan ibakira neza, ariko umubano ntiwatinze kuzamo igitotsi.

Ibyo byatewe ahanini n’umutwe witwaje intwaro wa Tehrik-i-Taliban Pakistan (TTP), ushinjwa gukoresha ubutaka bw’Afghanistan mu kugaba ibitero muri Pakistan.

Mu kwezi k’Ukwakira 2025, Pakistan yagabye igitero cyo mu kirere kuri Kabul, ishaka umuyobozi wa TTP, Noor Wali Mehsud, nyuma y’igitero cyari cyahitanye abantu muri Pakistan. Afghanistan na yo yahise isubiza, habaho imirwano yahitanye abasirikare n’abasivili ku mpande zombi.

Nubwo nyuma impande zombi zagiranye amasezerano yo guhagarika imirwano, imirwano yakomeje kwaduka rimwe na rimwe. Ibi bitero bya vuba biri mu ruhererekane rw’ibindi byabaye mu minsi ishize hagati y’ibi bihugu byombi nk’uko tubikesha BBC.

Mu cyumweru gishize, Pakistan yagabye ibindi bitero kuri Afghanistan, aho Abatalibani bavuze ko byahitanye nibura abantu 18, barimo abagore n’abana. Islamabad yo ivuga ko ibyo bitero byagabwe ku birindiro birindwi by’inyeshamba zirwanya ubutegetsi bwa Pakistan, hafi y’umupaka, kandi ko byakurikiye ibitero by’ubwiyahuzi byari byabaye muri Pakistan. Ariko Kabul yo ishimangira ko ibyasenywe ari amazu y’abasivili n’amashuri, kandi ko abagore n’abana bari mu bahitanywe na byo.

Abatalibani batangaje ko na bo basubije bagaba igitero gikomeye, ku wa Kane bavuga ko cyahitanye abasirikare “batari bake” ba Pakistan, ariko ayo makuru ahakanwa n’ubuvugizi bwa Minisitiri w’Intebe wa Pakistan.

Mu bitero byo mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, Mosharraf Zaidi yavuze ko ingabo za Pakistan zasenye ibirindiro 27 bya gisirikare by’Abatalibani, ibindi icyenda birafatwa. Yongeyeho ko imodoka zirenga 80 za gisirikare zirimo n’ibifaru zasenywe, hamwe n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Yanditse kuri X ati: “Igisubizo cya Pakistan ku gitero yagabweho kirakomeje”.

Ku rundi ruhande, Minisiteri y’Abatalibani ishinzwe ingabo yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Kane bafashe ibirindiro 19 n’ibigo bibiri bya gisirikare bya Pakistan, kandi ko abasirikare 55 ba Pakistan bishwe.

Aya makuru aracyagoye kwemezwa mu buryo bwigenga, kuko muri iyi mirwano buri ruhande rukomeza kuvuga ko rwahize urundi, mu gihe ruhakana ibivugwa ku byangiritse ku ruhande rwa rwo.

Pakistan yatangaje intambara yeruye kuri Afghanistan (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *