Perezida Ndayishimiye agiye kuyobora Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika
Prezida w’Uburundi, Evariste Ndayishimiye, yagiye i Addis Abeba, muri Ethiopia, aho biteganyijwe ko azatangira kuyobora Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, ari bwo bwa mbere u Burundi buzaba bufite uwo mwanya nk’uko tubikesha BBC.
Ndayishimiye azashyikirizwa ayo mabanga ku Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, nyuma yo gusoza inama ya 39 y’abakuru b’ibihugu n’iby’imiryango bigize Ubumwe bw’Afurika, izatangira ku wa Gatandatu.
U Burundi bwigeze gufata ubutegetsi bw’icyumweru kimwe mu ishyirahamwe, ubwo bwabaye mu 2015, ariko ubu ni ubwa mbere bufata uwo mwanya w’igihe kirekire.
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika ryaje gusimbura icyahoze ari Organisation de l’Unité Africaine (OUA) mu 2022. OUA yari yatangiye mu 1963 ifite intego yo gutanga ubwigenge ku bihugu by’Afurika, kurwanya ubukoloni, guteza imbere iterambere n’ubumwe bw’akarere.
Ubu uyu muryango uhuriyemo ibihugu 55, rikora cyane mu bibazo by’amahoro n’umutekano, ubukene, n’indwara z’ibyorezo muri Afurika.
Ndayishimiye azasimbura Prezida w’Angola, João Lourenço, wari warayoboye uyu muryango kuva ku itariki 15 Gashyantare umwaka ushize.
Umukuru w’Ubumwe bw’Afurika ahabwa manda y’umwaka umwe, ihererekanwa hagati y’ibihugu binyamuryango, atandukanye n’umukuru wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Afurika, utorerwa manda y’imyaka ine kandi ari we mu by’ukuri ushinzwe ibikorwa bya buri munsi by’umuryango.
Ubu umukuru wa Komisiyo ni Mahamoud Ali Youssouf, umunya-Djibouti, watowe umwaka ushize.
Ndayishimiye azayobora Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, aho azita ku bibazo biri muri Sudani, Sudani y’Epfo, Libya, no mu karere ka Sahel.
Byongeye, azakurikirana cyane ikibazo cy’intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Uburundi bukorana n’ingabo z’icyo gihugu mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro, cyane cyane umutwe wa M23.


