Perezida Traoré yakuyeho amashyaka yose ya politiki muri Burkina Faso
Leta ya gisirikare ya Burkina Faso yahagaritse amashyaka yose ya politiki, inakuraho n’itegeko ryayagengaga, nk’uko byemejwe mu nama y’Abaminisitiri y’iki gihugu yabaye ku wa Kane w’ejo hashize.
Iki cyemezo cyafashwe n’ubutegetsi bwa gisirikare buyobowe na Perezida Ibrahim Traoré, wageze ku butegetsi nyuma yo guhirika ubutegetsi bwari buriho muri Nyakanga 2022. Abayobozi bavuga ko iki cyemezo kigamije gushimangira ubutegetsi buriho no kongera kubaka imikorere y’igihugu, nyuma yo guhagarika ibikorwa bya politiki byakurikiye ihirikwa ry’ubutegetsi.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu wa Burkina Faso, Emile Zerbo, yatangaje ko iki cyemezo kiri mu murongo w’ingamba zo “kongera kubaka igihugu”, avuga ko sisiteme ishingiye ku mashyaka menshi yakoreshejwe nabi, bikagira ingaruka ku mikorere myiza y’igihugu.
Yakomeje avuga ko isesengura rya Leta ryagaragaje ko ubwiyongere bukabije bw’amashyaka bwateje amacakubiri mu baturage, bugahungabanya ubumwe bw’igihugu.
Mbere y’uko ubutegetsi bwari buriho buhirikwa, Burkina Faso yari ifite amashyaka arenga 100, ariko 15 gusa ni yo yari ahagarariwe mu Nteko Ishinga Amategeko nyuma y’amatora rusange yo mu 2020.
Iki cyemezo gikuraho amashyaka yose ya politiki n’indi miryango yose ya politiki. Itegeko rishya rihana amategeko yagengaga ishyirwaho ry’amashyaka, inkunga yahabwaga, ndetse n’umwanya w’umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Iri tegeko rizashyikirizwa urwego rw’inzibacyuho kugira ngo ryemezwe burundu, nk’uko byatangajwe n’Inama y’Abaminisitiri.
Imitungo yose y’amashyaka yahagaritswe izahita yegukanwa na Leta.
Burkina Faso, kimwe n’ibihugu bihana imbibi nka Mali na Niger mu karere ka Sahel, imaze igihe ihanganye n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro yitirira idini rya Islam ifitanye isano na al-Qaeda na Leta ya Kisilamu, ikibazo kimaze imyaka myinshi gihangayikishije ako karere.

