AmakuruPolitiki

Perezida wa Madagascar yasheshe Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Michael Randrianirina, yafashe icyemezo cyo gusesa guverinoma yose nyuma yo gukuraho Minisitiri w’Intebe n’abaminisitiri bose bari bayigize, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.

Itangazo ryaturutse mu biro bya perezida ntiryasobanuye impamvu nyamukuru yatumye hafatwa iki cyemezo, ariko ryagaragaje ko mu minsi iri imbere hazashyirwaho Minisitiri w’Intebe mushya hakurikijwe ibiteganywa n’itegeko nshinga ry’igihugu.

Guverinoma yasheshwe yari imaze igihe gito ku butegetsi kuko yashyizweho mu kwezi k’Ukwakira k’umwaka ushize, nyuma y’uko Randrianirina afashe ubutegetsi abinyujije mu ihirikwa ry’ubutegetsi (coup d’état) ryashyigikiwe n’ingabo z’icyo gihugu kiri mu nyanja y’Abahinde.

Iryo hirikwa ry’ubutegetsi ryabaye rikurikira imyigaragambyo ikomeye yari iyobowe cyane n’urubyiruko, yatumye uwari Perezida, Andry Rajoelina, avanwa ku butegetsi.

Mu gihe hagitegerejwe ishyirwaho rya guverinoma nshya, abanyamabanga bahoraho bo muri minisiteri zitandukanye ni bo bazakomeza gucunga ibikorwa bya buri munsi bya minisiteri.

Perezida wa Madagascar, Michael Randrianirina (ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *