Polisi iri gushakisha umugabo wa Zari ukekwaho ubujura
Umugabo w’umunyamideri akaba n’umucuruzi, Zari Hassan (the Boss Lady), Shakib Cham, ubu ari ku rutonde rw’abashakishwa na polisi ya Uganda nyuma y’uko habonetse ibirego bishya bimuhuza n’ubujura bukomeye ndetse no gukubita abantu byabereye muri Chezz Boss Mutoto Bar i Munyonyo, Kampala.
Nk’uko itangazo rya polisi ribivuga, icyo gitero cyabaye ku itariki ya 27 Ukuboza 2025, ubwo itsinda ry’abantu ryatinyutse kwinjira mu kabari, rikubita abakiriya bamwe no kwiba telefoni enye hamwe n’indi mitungo.
Iryo tangazo rigira riti: “Ubusanzwe ubushakashatsi bwa mbere bwerekana ko itsinda ry’abakekwaho ryayobowe na Shakibu, umucuruzi ukorera mu gace ka Kasanga, ryateye abakiriya muri bar, rirabakubita, ndetse ryiba telefone enye z’abahungabanye”.
Dosiye y’icyaha cyo kwiba no gukubita abantu yamaze gukorwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabalagala, kandi iperereza riracyakomeje.
Polisi yanavuze ko Shakib Cham yatumiwe ku mugaragaro kugira ngo aze gufasha mu iperereza.
Bati: “Muri gahunda y’iperereza, umwe witwa Shakib Cham yatumiwe gutanga ubufasha kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabalagala”.
Ibinyamakuru byo muri Uganda bivuga ko icyo gitero gishobora kuba igisubizo ku bimenyetso by’uko umuherwe w’umujyi, Boss Mutoto (nyir’akabari babereyemo ubwo bujura), aherutse kugaragara yishimye ari kumwe na Zari — ibyo bikaba byarateje urujijo ku mbuga nkoranyambaga.
Mu gihe abapolisi bakomeje gushakisha abandi bakekwaho ibi byaha, bikomeza gufata indi ntera, aho izina rya Shakib rikomeza kugarukwaho no gutakarizwa icyizere na rubanda.
