Trump yafashe icyemezo gikomeye, ariko ONU ntizahagarika ibikorwa-Guterres
Ku wa Kane w’ejo hashize, Umuryango w’Abibumbye (ONU) watangaje ko ibikorwa bya wo bizakomeza nubwo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zatangaje ko zivanye muri gahunda zitandukanye za ONU.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, Perezida w’Amerika Donald Trump yategetse ko igihugu cye kivana mu miryango mpuzamahanga myinshi, harimo n’iy’Umuryango w’Abibumbye hamwe n’amasezerano mpuzamahanga yafatwaga nk’afitiye Amerika inyungu nke.
Umuvugizi wa ONU yavuze ko ibyo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zikora bitazahagarika inshingano z’Umuryango w’Abibumbye. Yagize ati: “Imisanzu y’igihugu ku ngengo y’imari isanzwe ya ONU n’iy’ibikorwa byo kubungabunga amahoro ni inshingano zitegetswe ku bihugu byose bigize Umuryango w’Abibumbye, kandi Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zirimo.”
Icyemezo cy’Amerika kireba imirimo n’inzego 31 za ONU, zirimo:
- UNFPA: Ikigega cyita ku buzima bw’ababyeyi n’abana no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
- UNFCCC: Amasezerano mpuzamahanga yo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere.
- Inzego z’ubunyamabanga bwa ONU: Zirimo izirengera abana mu bihe by’intambara n’izirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Icyemezo cya Trump gisobanura guhagarika kwitabira ibikorwa by’izi nzego cyangwa kubigenera inkunga.
Umunyamabanga Mukuru wa ONU, António Guterres, yashimangiye ko ibikorwa by’Umuryango w’Abibumbye bizakomeza. Yagize ati: “Tuzakomeza gusohoza inshingano zacu dufite umuhate n’ubwitange, kugira ngo umuryango utange umusaruro ku bantu ushinzwe.”
Ku bijyanye n’ingengo y’imari ya 2026, Inteko Rusange yemeje miliyari 3.45 z’amadolari, igabanutseho 15% ugereranyije n’umwaka ushize, bikaba byaragize n’igabanuka ry’abakozi hafi ya 19%.
Simon Stiell, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa UNFCCC, yavuze ko icyemezo cy’Amerika ari intambwe isubira inyuma mu bufatanye mpuzamahanga ku ihindagurika ry’ikirere. Yongeyeho ko UNFCCC izakomeza gukora nta guhagarika, kandi ko imiryango yose iri mu nzira yo gufasha Amerika kongera kwinjira mu bufatanye mpuzamahanga mu bihe biri imbere.
Icyemezo cya Trump gisa n’icyasubije inyuma ibyo igihugu cyari kimaze kugeraho mu bufatanye ku mihindagurikire y’ikirere, nyuma y’uko Perezida Joe Biden yaje gusubiza Amerika mu masezerano ya Paris n’izindi gahunda za ONU nyuma ya 2020.


