AmakuruPolitiki

Trump yatumije inama y’igitaraganya ku igabanuka ry’intwaro mu bubiko kubera ibitero kuri Iran

Ku wa Gatanu w’iki cyumweru tariki ya 6 Werurwe 2026, ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump burateganya kwakira muri White House abayobozi b’ibigo bikomeye bikora intwaro muri Amerika, mu rwego rwo kuganira ku kwihutisha inganda zikora intwaro.

Ibi bije mu gihe Minisiteri y’Ingabo y’Amerika iri gushaka kongera kuzuza ububiko bw’intwaro bwagabanutse cyane nyuma y’ibitero kuri Iran no mu bindi bikorwa bya gisirikare biherutse.

Mu bigo byatumiwe harimo Lockheed Martin na RTX, ndetse n’abandi batanga ibikoresho by’ingenzi mu bya gisirikare. Amakuru yatanzwe n’abantu batifuje ko amazina ya bo atangazwa avuga ko ibiganiro bizibanda ku gusaba abakora intwaro kongera umuvuduko w’umusaruro nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters.

Ibi biganiro bigaragaza impungenge ziri i Washington ku igabanuka ry’intwaro nyuma y’uko Amerika yakoresheje ibisasu byinshi mu gikorwa cya gisirikare kuri Iran. Kuva Uburusiya bwatangira intambara muri Ukraine mu 2022 ndetse na Israel igatangira ibikorwa bya gisirikare muri Gaza, Amerika yakoresheje miliyari z’amadolari z’intwaro zirimo imbunda ziremereye zirasa kure, amasasu n’ibisasu bya misile birwanya imodoka z’intambara. Intambara yo muri Iran yo yakoreshejemo cyane misile ndende kurusha izoherejwe muri Ukraine.

Ku mbuga nkoranyambaga, Trump yatangaje ko Amerika ifite “ububiko bw’intwaro butagira umupaka” kandi ko intambara zishobora kurwanwa igihe kirekire hifashishijwe izo ntwaro.

Iyi nama kandi ibaye mu gihe Umuyobozi wungirije wa Minisiteri y’Ingabo, Steve Feinberg, ari kuyobora igikorwa cyo gutegura ingengo y’imari y’inyongera igera kuri miliyari 50 z’amadolari, ishobora gutangazwa vuba. Aya mafaranga azifashishwa mu gusimbuza intwaro zakoreshejwe mu ntambara ziherutse, cyane cyane mu burasirazuba bwo hagati.

Nyuma y’ibitero by’Amerika kuri Iran, aho hakoreshejwe misile zo mu bwoko bwa Tomahawk, indege z’intambara za F-35 zitagaragara ku byuma birinda umutekano n’indege nto zitagira abapilote, igitutu cyo kongera umusaruro w’intwaro cyiyongereye. Sosiyete ya Raytheon ikora misile za Tomahawk yasinyanye amasezerano mashya na Pentagon agamije kongera umusaruro ukagera kuri misile 1,000 ku mwaka. Gusa ubu Pentagon (icyicaro gikuru cy’ingabo z’Amerika) iteganya kugura misile 57 gusa mu 2026, buri imwe ku kigereranyo cya miliyoni 1.3 z’amadolari.

Ubuyobozi bwa Trump bwakomeje gushyira igitutu ku bigo bikora intwaro kugira ngo byibande ku kongera umusaruro aho gushyira imbere inyungu zigenerwa abanyamigabane. Muri Mutarama, Trump yasinyiye iteka risaba kugaragaza ibigo bidakora neza ku masezerano bifitanye na leta kandi bikomeza gutanga inyungu ku banyamigabane. Biteganyijwe ko Pentagon izashyira ahagaragara urutonde rw’ibigo bituzuza neza inshingano; bizahabwa iminsi 15 yo gutanga gahunda yo kwikosora. Mu gihe iyo gahunda itanyura Pentagon, ishobora gufata ibyemezo birimo no gusesa amasezerano.

Ifoto yerekana igisasu cyarashwe n’Amerika kuri buriya bwato ku wa 28 Gashyantare 2026, mu gitero bafatanyijemo na Israel kuri Iran (Ifoto: Reuters)
Misile y’igisirikare cy’Amerika yo mu bwoko bwa tomahawk, yarashwe mu nyanja ya Mediterane ku wa 17 Mata 2017 kigamije guterwa muri Siriya (Ifoto: Reuters)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *