Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na RDC mu bihugu 75 byahagarikiwe viza zo kuba muri Amerika

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biri mu bihugu bigera kuri 75 Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zahagaritse guha abaturage ba byo amaviza yo kujya gutura muri Amerika.

Mu itangazo ryasohowe n’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rushinzwe ububanyi n’amahanga (Department of State), rwatangaje ko abaturage b’ibi bihugu batazongera guhabwa aya maviza guhera ku wa 21 Mutarama 2026, kugeza igihe kitaramenyekana nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Ku rutonde rw’ibihugu byafatiwe iki cyemezo harimo ibihugu 26 byo muri Afurika, ndetse n’ibindi byo mu karere birimo Tanzaniya, Uganda, Somalia na Sudani y’Epfo, byose biherereye mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba.

Ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba byakuriweho viza yo gutura muri Amerika (Ifoto: BBC)

Abari basanzwe bafite aya maviza bo ntibazahura n’ingaruka z’iki cyemezo.

Nk’uko uru rwego rubivuga, abasaba amaviza yo kujya gutura muri Amerika bava muri ibi bihugu bazakomeza kwemererwa gutanga dosiye no kwitabira ibazwa (interviews), ariko nta viza y’abimukira izatangwa muri iki gihe cyo guhagarika izi serivisi.

Leta y’Amerika ivuga ko iki cyemezo kiri mu murongo wa politiki ya Perezida Donald Trump ugamije gukumira abantu bashobora kugirira nabi umutekano w’igihugu cyangwa kugirira nabi abaturage b’Amerika.

Kuva yafata ubutegetsi, Perezida Trump yakomeje gushyiraho ingamba zo kugabanya abinjira muri Amerika, yaba abinjira mu buryo bwemewe n’amategeko cyangwa abinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mbere ya ho yari yarahagaritse amaviza y’abimukira baturuka mu bihugu nka Brésil, Iran, Uburusiya na Somalia.

Tommy Pigott, uvugira Urwego rushinzwe ububanyi n’amahanga, yagize ati: “Uru rwego ruzakoresha ubu bubasha mu kwanga kwakira abimukira bashobora kuba umutwaro kuri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyangwa bakungukira ku bugiraneza bw’abaturage b’Amerika”.

Iki cyemezo gisobanura ko uru rwego ruyobowe na Marco Rubio ruzaba rwarahagaritse by’agateganyo gusuzuma dosiye z’abasaba aya maviza, mu gihe hakomeje gusuzumwa uburyo asanzwe atangwa, hagamijwe kurinda ko abanyamahanga bafata amahirwe n’ubufasha bigenewe abaturage b’Amerika.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Associated Press, Urwego rushinzwe ububanyi n’amahanga rwasabye ambasade n’ibiro bihagarariye Amerika muri ibi bihugu kutakira dosiye z’abasaba amaviza yo gutura muri Amerika. Icyakora, iki cyemezo ntikireba amaviza y’igihe gito.

Mu mezi ashize, Leta y’Amerika yakajije ingamba zo gukumira abinjira baturuka mu bihugu Perezida Trump afata nk’ibishobora guhungabanya umutekano w’igihugu, birimo Uburusiya, Iran, Afghanistan n’ibindi bihugu byinshi byo muri Afurika.

Nyuma y’uko umwimukira ukomoka muri Afghanistan ashinjwe kurasa abashinzwe umutekano babiri i Washington DC, ubutegetsi bw’Amerika bwahise bufata icyemezo cyo guhagarika cyangwa kugabanya uburenganzira bwo kwinjira mu gihugu ku baturage baturuka mu bihugu 19. Mu Kuboza umwaka ushize, uru rutonde rwongereweho ibindi bihugu bitanu hamwe n’abafite impapuro z’inzira zitangwa n’ubutegetsi bwa Palestina.

U Burundi ntiburi ku rutonde rw’ibihugu byahagarikiwe amaviza y’abimukira, ariko buri ku rutonde rw’ibihugu 19 abaturage ba byo bafite imbogamizi ku kwinjira muri Amerika ku rugero runaka.

Dosiye z’abasaba ubuhungiro, abashaka ubwenegihugu ndetse n’abasaba uburenganzira bwo gutura no gukorera muri Amerika binyuze muri gahunda izwi nka Green Card, baturuka muri ibyo bihugu 19, zahagaritswe.

Hagati aho, ibikorwa byo guta muri yombi abimukira baba muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko birakomeje mu ntara zitandukanye. Ingabo z’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka (ICE – Immigration and Customs Enforcement) ziracyakora ibikorwa byo gushakisha aba bimukira, ibintu byateje imyigaragambyo mu mijyi imwe n’imwe nka Minneapolis.

Perezida Kagame (ibumoso), Trump (hagati) na Tshisekedi (iburyo) igihe u Rwanda na RDC byasinyaga amasezerano y’amahoro i Washington (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *