Ubwongereza: Amavuta ahindura uruhu ari gucururizwa mu maduka y’inyama
Itsinda ry’ubugenzuzi ry’imiterere y’uruhu mu Bwongereza (CTSI) ryatangaje ko ibicuruzwa byo guhindura ibara ry’uruhu bitemewe n’amategeko bigurishwa mu maduka y’inyama, amaduka y’ibiribwa atandukanye ndetse no kuri interineti hirya no hino mu gihugu.
CTSI yavuze ko ibi bicuruzwa biteje akaga ku buzima kandi byagumye bigaragara ahantu henshi, bitera impungenge ku mutekano w’ababikoresha. Icyo kigo cyasabye abaturage kwirinda amavuta yo kwisiga agamije gutukuza uruhu no gutanga amakuru ku maduka akomeje kuyagurisha.
Tendy Lindsay, wahoze ari Perezida wa CTSI, yagize ati: “Nk’umugore w’umwirabura kandi umaze igihe kinini aharanira uburinganire n’ubudasa, ndashaka kugaragaza neza ko kugurisha aya mavuta atemewe n’amategeko cyangwa ibindi bicuruzwa bihindura ibara ry’uruhu si iby’ubuzima gusa, ahubwo ni n’ibihabanye n’amategeko.”
CTSI yagaragaje ko byinshi muri ibyo bicuruzwa byabujijwe kubera ibintu byangiza uruhu birimo hydroquinone, mercury na corticosteroids, bishobora guteza ingaruka mbi ku buzima bw’abakoresha.
Mu Rwanda, kubuza no gucunga amavuta cyangwa ibindi bicuruzwa bigamije guhindura ibara ry’uruhu byatangiye gushyirwaho amategeko n’ingamba mu buryo burambuye mu mwaka wa 2016 ubwo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yashyiraga amabwiriza n’itegeko rigenga ibicuruzwa byo kwisiga n’imiti y’uruhu.
Ibyo byari bigamije kurinda ubuzima bw’abaturage, kuko amavuta arimo ibinyabutabire nka hydroquinone, mercury, na corticosteroids ashobora gutera kwangirika k’uruhu, indwara z’uruhu, ndetse n’ingaruka ku buzima muri rusange.
Iyo ngamba yaje gukomeza gukaza mu myaka yakurikiyeho, aho Ikigo Gishinzwe Ubuziranenge (RSB) hamwe n’izindi nzego z’ubugenzuzi zatanze amabwiriza ngenderwaho ku bacuruzi n’abakora ibicuruzwa byo kwisiga aho ufatanywe ibyo bicuruzwa ahabwa ibihano bitandukanye birimo gucibwa amande.

