AmakuruPolitiki

Uganda mu matora: abatavuga rumwe na leta bakomeje gufungwa

Polisi ya Uganda yatangaje ko yafunze impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu Sarah Bireete, nk’uko byashyizwe ahagaragara ku rubuga rwa yo rwa X ku wa Kabiri w’iki cyumweru.

Bireete azwi cyane mu gutanga ibitekerezo binenga ubutegetsi, cyane cyane abinyujije kuri televiziyo na radiyo zitandukanye zo muri Uganda.

Ibi bikozwe mu gihe leta ya Perezida Yoweri Museveni ikomeje gukaza igitutu ku batavuga rumwe na yo n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, mu gihe habura igihe gito ngo habe amatora rusange ateganyijwe ku wa 15 Mutarama 2026.

Polisi yatangaje ko yafunze Bireete kandi ko azagezwa imbere y’urukiko igihe nikigera, ariko ntiyigeze isobanura ibyaha aregwa cyangwa itariki azitabiraho urukiko.

Sarah Bireete ni umunyamategeko ndetse anayobora Ikigo Centre for Constitutional Governance (CCG), gikorera mu rwego rwo guteza imbere imiyoborere ishingiye ku Itegeko Nshinga.

Yakunze kunenga leta ku byo yita ifungwa rinyuranyije n’amategeko rikorerwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ndetse akanavuga ku iyicarubozo rikorwa ku banyamuryango b’amashyaka atavuga rumwe na leta.

Sarah Bireete akunda kunenga leta ya Uganda ifunga abantu mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa CCG ntiburatanga igitekerezo kuri iki kibazo, kuko butabonetse ngo busubize ku makuru y’itabwa muri yombi rya Bireete.

Amatora ateganyijwe muri Mutarama azahuza Perezida Museveni w’imyaka 81 umaze ku butegetsi kuva mu 1986, n’umuhanzi wamamaye wahindutse umunyapolitiki, Bobi Wine.

Bobi Wine, ufite imyaka 43, n’ishyaka rye rya National Unity Platform (NUP), batangaje kenshi ko abanyamuryango ba bo benshi, bagera mu magana, bafunzwe muri uyu mwaka, harimo n’igihe cyo kwiyamamaza. Bavuga ko ibyo bigamije gutera ubwoba abayoboke ba bo no guca intege ibikorwa by’ishyaka.

Mu kwezi gushize, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Volker Türk, yanenze bikomeye uko igitutu gikomeje kwiyongera ku batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda. Yatangaje ko nibura abanyamuryango 550 b’ishyaka NUP bamaze gufungwa muri uyu mwaka.

Hagati aho, undi munyapolitiki uzwi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Kizza Besigye, aracyafungiwe muri gereza, aho amaze umwaka urenga akurikiranyweho icyaha cy’ubugambanyi.

Na Bobi Wine ubwe yahuye n’ihohoterwa ry’inzego z’umutekano ubwo yiyamamazaga mu majyaruguru ya Uganda.

Nubwo polisi yasezeranyije gukora iperereza ku ikoreshwa ry’ingufu z’umurengera ryavuzwe, kugeza ubu nta raporo irashyirwa ahagaragara.

Bobi Wine na we ahanganye na Museveni ndetse ari mu batavuga rumwe na we

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *