Uko umusirikare yapfuye arasiwe mu mukino na bagenzi be
Umusirikare w’Umufaransa yapfuye nyuma yo kuraswa mu mutwe mu gihe yari mu birori ari kumwe na bagenzi be, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Bufaransa.
Brigadier Alexandre Lanckbeen yakomeretse bikomeye ku wa Gatandatu ubwo yari ari mu birori byo gusangira inzoga n’abandi basirikare bacumbikiwe ku bitaro bya gisirikare bya Percy biherereye i Paris. Nk’uko abashinjacyaha babivuga, hari imbunda ya ‘pistolet’ yarashwe mu gihe cy’umukino abasirikare bakunze gukina, aho bagerageza kwambura mugenzi wa bo intwaro no kuyikuramo amasasu. Muri uwo mukino, isasu ryavuye mu mbunda rihitana Alexandre rimurashe mu mutwe.
Ubusanzwe uyu mukino ukinwa imbunda zidafite amasasu, ariko kuri iyi nshuro si ko byagenze, nk’uko ibitangazamakuru bya ho byabitangaje.
Loïc Mizon, umuyobozi w’ingabo i Paris, yatangaje ku rubuga X ko yakiriye n’agahinda kenshi inkuru y’urupfu rw’uyu musirikare w’imyaka 20, wapfuye ku wa Gatanu azize ibikomere yari yaragize.
Alexandre yakoreraga mu mutwe wa 35e Régiment d’Artillerie Parachutiste, kandi yari yaroherejwe mu gikorwa cya ‘Operation Sentinelle’, kigamije gucunga umutekano mu gihugu.
Ku wa kabiri, abasirikare batatu bari kumwe na we bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’ibi byabaye. Umwe muri bo akurikiranyweho gukoresha urugomo akoresheje intwaro, bikaviramo mugenzi wa bo igikomere gikomeye, ndetse no kurenga ku mabwiriza ajyanye no kunywa inzoga. Abandi babiri bashinjwa gukomeretsa umuntu bidaturutse ku bushake, bikamuviramo ibikomere bikomeye.
Banakurikiranyweho guhindura ahabereye icyaha mu rwego rwo guhisha ibimenyetso byagombaga gufasha ubutabera. Icyo gihe Alexandre yari akiri mu bitaro atarapfa, ariko nyuma y’uko yitaba Imana, hitezwe ko ibirego bashinjwa bishobora guhinduka.

