Umugabo wa mbere w’umugore wa Joe Biden yafunzwe ashinjwa kwica umugore we wa nyuma
Uwigeze kuba umugabo wa mbere wa Jill Biden, umugore wa Perezida wa 46 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden, yatawe muri yombi akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugore bashakanye nyuma, nk’uko byatangajwe na polisi yo mu gace ka Delaware ku wa Kabiri w’ejo hashize.
William Stevenson w’imyaka 77 yashakanye na Jill Biden mu mwaka wa 1970, baza gutandukana mu 1975. Jill Biden yongeye gushakana na Joe Biden mu 1977.
BBC ivuga ko Stevenson akurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi bwo ku rwego rwa mbere, bivuze ubwicanyi bwateguwe kandi bwakozwe ku bushake, ku rupfu rw’umugore we Linda Stevenson w’imyaka 64, wapfuye ku wa 28 Ukuboza 2025, nk’uko byemejwe na polisi yo mu karere ka New Castle muri leta ya Delaware.
Yatawe muri yombi ku wa Mbere w’iki cyumweru, ubu akaba afungiwe muri gereza nyuma yo kunanirwa gutanga ingwate y’amadolari 500,000.
Polisi yatangaje ko ku wa 28 Ukuboza yahamagariwe kugera mu rugo rwa bo ruherereye mu Mujyi wa Wilmington, nyuma y’uko havuzwe amakimbirane. Igeze aho byabereye, basanze Linda Stevenson nta bwenge afite mu cyumba cy’ubwogero.
Abashinzwe ubutabazi bagerageje kumufasha ariko birananirana, maze nyuma batangaza ko yapfuye.
Abayobozi ntibatangaje impamvu nyakuri y’urupfu rwe cyangwa aho iperereza rigeze.

