AmakuruPolitiki

Umugabo witwaje intwaro yishwe amaze kwinjira mu gace karinzwe cyane k’urugo rwa Donald Trump

Umugabo wari witwaje imbunda yishwe nyuma yo kwinjira mu gace karinzwe cyane k’urugo rwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, rwa Mar-a-Lago ruherereye muri leta ya Florida, nk’uko byatangajwe n’urwego rwa leta rushinzwe umutekano w’abayobozi bakuru.

Abayobozi bavuze ko uwo mugabo yari afite imbunda nini (shotgun) n’ijerekani ya lisansi. Yahagaritswe n’abakozi b’urwego rushinzwe umutekano hamwe n’uwungirije umuyobozi wa Polisi muri ako gace (Sheriff) mbere yo kuraswa.

Ibi byabaye ahagana saa 01:30 za mugitondo ku Cyumweru, mu gihe Perezida yari ari i Washington, D.C..

Ukekwa yamenyekanye ku izina rya Austin T. Martin wo mu gace ka Cameron muri North Carolina, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru CBS, gikorana na BBC muri Amerika.

Ibiro bya Sheriff byo mu Ntara ya Moore byatangaje ko umuryango we wari wamaze kumutangaza nk’umuntu wabuze mu masaha ya mbere y’icyumweru. Amakuru ajyanye no kubura kwe yahise ashyikirizwa inzego za leta nkuru.

Ukekwa yari yatangajwe ko yabuze (Ifoto: BBC)

Abashinzwe iperereza bari gusuzuma niba imbunda yari yayiguze mu rugendo yakoze ava muri North Carolina ajya muri Florida.

Umuvugizi w’urwego rushinzwe umutekano, Anthony Guglielmi, ku rubuga X, yavuze ko abakozi ba bo bamurashe bamubonye arimo kwinjira mu buryo butemewe mu gace karinzwe ka Mar-a-Lago mugitondo cya kare. Bavuze ko bamubonye ku irembo ryo mu majyaruguru y’iyo nyubako afite imbunda nini n’ijerekani ya lisansi.

Sheriff w’Intara ya Palm Beach, Ric Bradshaw, yavuze ko bamubwiye bati: “Shyira hasi ibyo ufite,” bashaka kuvuga ijerekani n’imbunda. Ngo yahise ashyira hasi ijerekani, ariko azamura imbunda ayishyira mu mwanya wo kurasa, bituma abashinzwe umutekano bamurasa kugira ngo bakumire ibyago.
Abapolisi bari bambaye camera zifata amashusho ku mubiri, kandi nta mupolisi wakomeretse.

Sheriff Bradshaw yavuze ko hataramenyekana niba imbunda yari irimo amasasu, ko biri mu iperereza ririmo gukorwa rifashijwemo na FBI.
Umuyobozi w’urwego rushinzwe umutekano, Sean Curran, yagiye muri Florida ku Cyumweru kugira ngo akurikirane ibyabaye no kunoza itumanaho n’ingamba zo guhangana n’ibikorwa byihutirwa.

Umutekano wa Mar-a-Lago usanzwe uri ku rwego rwo hejuru cyane, aho igice cyo hanze kirindwa n’abashinzwe umutekano bo muri Palm Beach naho igice cy’imbere kirindwa n’urwego rushinzwe umutekano w’abayobozi bakuru (Secret Service). Abinjira bose barasakwa, imodoka n’ibikapu bikagenzurwa n’imbwa n’ibikoresho bishakisha ibyuma.

Hashize igihe abantu batandukanye bagerageza kwivugana Trump (Ifoto:WTTW News)

Trump amaze igihe agaragaraho ibikorwa byo gushaka kumwivugana. Muri Nyakanga 2024, yarashwe ku gutwi mu gikorwa cyo kwiyamamaza i Butler, muri Pennsylvania, hapfa umuntu umwe abandi babiri barakomereka. Uwarashe yahise araswa n’inzego z’umutekano.

Mu mezi yakurikiyeho, umukozi wa Secret Service yabonye imbunda itunguranye mu bihuru hafi ya Trump International Golf Club i West Palm Beach. Ukekwa, Ryan Routh, yaratorotse ariko aza gufatwa, nyuma aza gukatirwa igifungo cya burundu azira kugerageza kwica perezida.

Nyuma y’ibi byabaye, Umunyamabanga wa leta ushinzwe Imari, Scott Bessent, yabwiye Fox Business ko hari bamwe mu banyapolitiki bashinjwa gushyigikira cyangwa koroshya imvugo zishobora guteza urugomo rwa politiki, asaba ko byahagarara.

Urugomo rufitanye isano na politiki rukomeje kuba ikibazo gikomeye muri Amerika, rukaba rwarateje impaka nyuma y’ibindi bikorwa bikomeye byabaye mu mwaka ushize.

Urugo rwa Trump rwatewe n’umugabo witwaje intwaro, araswa yamaze kurwinjiramo (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *