AmakuruPolitiki

Umuhungu wa Robert Mugabe yatawe muri yombi akekwaho kugerageza kwica umuntu

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yafashe Bellarmine Mugabe, umuhungu muto w’uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe, akekwaho kugerageza kwica umuntu. Ibi byakurikiyeho nyuma y’aho umuntu umwe arashwe mu gace ka Hyde Park, kazwi cyane muri Johannesburg.

Umugabo w’imyaka 23, bivugwa ko yakoraga isuku mu busitani bw’iyo nyubako, yaje gukomeretswa n’amasasu. Polisi yatangaje ko mu nzu Bellarmine Mugabe yari acumbitse habonetse amasasu ariko ntihabonetse imbunda.

Nk’uko umuvugizi wa polisi, Koloneli Dimakatso Nevhuhulwi, yabivuze, hari undi mugabo umwe wafashwe, ukekwaho gufatanya na Bellarmine Mugabe, mu gihe iperereza rikomeje nk’uko BBC yabitangaje. Polisi itangaza ko abo bombi biteganyijwe kuzitaba urukiko mu minsi iri imbere.

Bellarmine Mugabe ni umuhungu wa kabiri wa Robert Mugabe na Grace Mugabe. Robert Mugabe, wapfuye mu 2019, yategetse Zimbabwe imyaka 37 mbere yo kuva ku butegetsi afite imyaka 93 mu mwaka wa 2017.

Itangazamakuru rya ho ryemeje ko Bellarmine Mugabe yari umwe mu bafashwe, aho yagaragaye yambitswe amapingu. Umuvugizi wa polisi yanavuze ko umuntu wakomeretse ari mu bitaro kandi ameze nabi cyane nyuma yo kuraswa isasu rimwe. Yakomeje avuga ko abakekwa batatangaje aho imbunda iherereye kandi nta makuru yihariye babwiye polisi kuri iyo mbunda.

Umuhungu wa Mugabe Robert wigeze kuba perezida wa Zimbabwe yatawe muri yombi akekwaho kugerageza kwica umuntu (Ifoto: BBC)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *