USA: Imyigaragambyo ikaze kubera iyicwa ry’umuforomokazi
Abaturage benshi bari bateraniye mu mihanda ya Minneapolis, Minnesota (USA) batangaza umujinya nyuma y’uko umuforomokazi w’imyaka 37, Alex Pretti, yishwe n’abakozi b’iperereza ry’abinjira n’abasohoka mu gihugu (ICE).
Guverineri wa Minnesota, Tim Walz, yasabye Perezida w’Amerika, Donald Trump, gukuraho abapolisi ba leta ye, agira ati: “Iki ni igihe cy’impinduka”.
Mu butumwa yatanze ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Social, Perezida Donald Trump yavuze ko Walz na Meya wa Minneapolis Jacob Frey bagomba gutanga “abimukira bose b’abanyabyaha” bafungiye muri gereza za leta kugira ngo birukanwe mu gihugu cya bo.
Abategetsi muri leta batanze amakuru avuguruzanya ku byabaye ku rupfu rwa Pretti rwabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Ubwo yabazwaga ku bijyanye na videwo zerekana ubu bwicanyi, Komanda w’ishami rishinzwe kurinda umupaka Greg Bovino yavuze ko hakenewe iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri.
Pretti yishwe arashwe n’abashinzwe umutekano bari bamufashe ari benshi barimo kumutsikamira hasi ku butaka mu gihe abantu bariho bareba kandi bafata amashusho.
Bamwe mu bategetsi bavuga ko Pletti yari afite intwaro, abandi bakavuga ko ari ibinyoma nta ntwaro yari afite.
Ibi byateje imyigaragambyo ku rwego rw’igihugu kubera impungenge z’uko uburenganzira bwa muntu butubahirizwa n’imikoreshereze y’imbaraga.


