AmakuruImyidagaduro

Ushinzwe umutekano akurikiranyweho gufata ku ngufu no kwica uwari icyamamare kuri TikTok

Umusore w’imyaka 22 wari ushinzwe umutekano yashyikirijwe urukiko aregwa ibyaha bifitanye isano no gufata ku ngufu, kwica no kwambura ku gahato Umugande wari uzwi cyane kuri TikTok witwaga Diana Namulinde, wamamaye ku izina rya Dianah Skys.

Uwo ukekwaho ibyaha ni Marvin Webisa, ukorera ikigo cy’umutekano cyitwa Gideon Security System kandi akaba atuye mu gace ka Kiwatule Zone, mu Karere ka Nakawa, mu Mujyi wa Kampala. Ku wa Kane nyuma ya saa sita, yagejejwe imbere y’Umucamanza Mukuru w’Urukiko rwa City Hall, Nicolas Aisu.

Ibinyamakuru byo muri Uganda bivuga ko Ubushinjacyaha, buyobowe n’Umushinjacyaha Mukuru wa Leta Mercy Yamangusho Khaidarah, bwabwiye urukiko ko ku wa 4 Gashyantare 2026, mu gace ka Kyanja Kwata Zone, Webisa bikekwa ko yasambanyije Diana Namulinde ku gahato, icyaha giteganywa kandi gihanwa n’ingingo za 110 na 111 z’Itegeko Rihana Ibyaha muri Uganda.

Yanarezwe kandi icyaha cyo kwica, giteganywa n’ingingo za 171 na 172, ndetse n’icyaha cyo kwambura ku gahato gikomeye giteganywa n’ingingo za 266 na 267(2) z’iryo tegeko.

Nk’uko ubushinjacyaha bubivuga, ukekwaho icyaha yanambuye nyakwigendera ibi bikurikira:

  • Telefoni zigendanwa ebyiri
  • Power bank
  • Earphones za AirPods
  • Ivalisi
  • Isakoshi
  • Amafaranga angana na miliyoni 18.6 z’amashilingi ya Uganda (UGX)

Kubera ko ibi byaha bikomeye cyane, Webisa ntiyemerewe gusobanura niba yemera cyangwa ahakana ibyaha, kuko imanza nk’izi ziburanishwa n’Urukiko Rukuru gusa.

Urukiko rwumvise ko iperereza rikomeje. Ukekwaho icyaha yahise afungwa by’agateganyo muri gereza ya Luzira kugeza ku wa 3 Werurwe 2026, igihe urubanza ruzongera kugezwa mu rukiko.

Urupfu rwa Dianah Skys rwashenguye benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho abakunzi be, abahanga mu gukora ibikubiye kuri interineti n’abandi benshi bagaragaje akababaro ka bo, mu gihe polisi ikomeje gukora iperereza ku buryo urupfu rwe rwabaye.

Diana Skyz yari yaramamaye kuri TikTok (Ifoto: Interineti)

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *