Yirukanywe azira gutoza ikipe akoresheje “ChatGPT” gusa
Uwahoze ari umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Roberto Moreno, bivugwa ko yirukanywe ku mwanya we wa nyuma wo gutoza bitewe n’uko yishingikirije cyane ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), by’umwihariko porogaramu ya ChatGPT, kugeza aho atari acyifashisha ibitekerezo bisanzwe by’ubwenge bwa muntu.
Uyu mutoza w’imyaka 48 yatangiye gutoza ikipe ya FC Sochi yo mu Burusiya mu 2023. Mu mwaka wakurikiyeho, Moreno yahinduye cyane uburyo yakoragamo akazi ke ko gutoza, atangira gukoresha cyane iyo porogaramu mu gufata ibyemezo bitandukanye.
Mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2023–2024, FC Sochi yamanutse mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’Uburusiya. Ndetse no mu gihe bahanganaga no kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024–2025, abayobozi b’iyo kipe batangiye kubona ko Moreno yakomeje kongera ikoreshwa ry’iri koranabuhanga mu buryo budasanzwe.
Andrei Orlov, wahoze ari umuyobozi ushinzwe siporo muri FC Sochi, yabwiye itangazamakuru ryo mu Burusiya, Sports Russia, ko kimwe mu byabaye bitangaje cyane cyabereye mu rugendo rw’ikipe yakoreye i Khabarovsk muri Werurwe umwaka ushize.

Orlov avuga ko Moreno yateguye gahunda y’urugendo n’imyitozo y’abakinnyi akoresheje ChatGPT, ariko akananirwa kuyihindura n’iyo porogaramu imaze gutanga inama itumvikana yo gutuma abakinnyi bamara amasaha 28 bataryamye.
Yagize ati: “Igihe twiteguraga urugendo rwo kujya i Khabarovsk, Robert yarambwiye ati: ‘Nateguye byose. Nashyizemo amakuru yose y’urugendo muri ChatGPT.’ Nitegereje gahunda maze mbona abakinnyi batagenewe umwanya wo kuryama mu masaha 28. Ndamubaza nti: ‘Robert, ibyo ni byiza, ariko abakinnyi bazaryama ryari’”?
Nubwo iyo gahunda yo kubuza abakinnyi gusinzira itashyizwe mu bikorwa, ngo byateje impungenge n’umwuka mubi mu ikipe. Orlov yavuze ko abakinnyi batumvaga impamvu bagombaga kubyuka saa kumi n’imwe za mugitondo kugira ngo bakore imyitozo saa moya za mugitondo.
Orlov yanavuze ko Moreno yakoresheje ChatGPT no mu guhitamo abakinnyi batatu bashoboraga kugurwa mu mwanya w’umusatirizi mu mpeshyi ya 2024. Nyuma yo gushyiramo imibare n’amakuru y’abakinnyi, ChatGPT yasabye ko Artur Shushenachev ari we wakwifashishwa. Icyakora, uwo musatirizi wo muri Kazakhstan ntiyigeze atsinda igitego na kimwe mu mikino 10 yakinnye, bituma agurishwa mu mpeshyi yakurikiyeho ajya muri FC Aktobe.
Orlov yagize ati: “Gukoresha ikoranabuhanga nk’inyongera, nta kibazo. Ariko kuri Moreno, ChatGPT yabaye igikoresho cye nyamukuru.
Mu mpera, abakinnyi b’Abarusiya bari mu ikipe ntibari bagishimishijwe n’uburyo yakoragamo, n’abanyamahanga na bo ntibari bakizera ibitekerezo bye. Yagaragazaga kutita ku kuntu bakoranaga n’abakinnyi, kandi abantu barabibonaga”.
Nubwo FC Sochi yazamutse isubira mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’Uburusiya mu mpeshyi ishize, Moreno yayoboye imikino irindwi gusa mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wakurikiyeho, abona inota rimwe gusa, mbere yo kwirukanwa.
Mbere yo kujya muri FC Sochi, Roberto Moreno yari yarakoze mu makipe atandukanye yo ku mugabane w’Uburayi arimo Granada na Monaco. Yanayoboye by’igihe gito ikipe y’igihugu ya Espagne mu 2019, nyuma y’uko Luis Enrique wayitozaga yeguye ku mwanya we by’agateganyo kubera uburwayi bukomeye bw’umukobwa we Xana, wari urwaye kanseri y’amagufa.
Nubwo Moreno yari yarafashije Espagne kubona itike y’Igikombe cy’Uburayi cya 2020, Luis Enrique agarutse ku mwanya wo gutoza, yahisemo kutagumana Moreno nk’umwungirije amushinja kutaba inyangamugayo nk’uko Daily Mail dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Luis Enrique yagize ati: “Mu kazi ke, nta cyo namunenga. Ariko ku bijyanye n’imibanire, amagambo yavuze atandukanye n’ibikorwa yakoze”.

