Zimbabwe: Abaharaniye ubwigenge barashaka kubuza Perezida Emmerson Mnangagwa kongera igihe cye ku butegetsi
Rimwe mu matsinda y’abasirikare bakuze barwanye urugamba rwo kubohora igihugu cya Zimbabwe yagejeje ikirego mu Rukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, ashaka kubuza umugambi wa leta wo guhindura Itegeko Nshinga hagamijwe kongera manda ya Perezida n’iy’Abadepite, ikava ku myaka itanu ikagera ku myaka irindwi.
Aba basirikare batandatu barwanye urugamba rwo guharanira ubwigenge mu myaka ya 1970 bavuga ko Perezida adakwiye gushyigikira umugambi wo kongera manda ye, kuko byaba bisa no kwishakira inyungu ze bwite.
Umunyamategeko wa bo, Lovemore Madhuku, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko mu gihe Perezida yaba ari we ushyigikiye uwo mugambi, yaba ashyira imbere inyungu ze aho kurengera iz’abaturage.
Ibi bibaye nyuma y’uko uwo mushinga w’itegeko wemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu cyumweru gishize, ukagezwa mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa Mbere kugira ngo usuzumwe. Mu gihe wakwemezwa, amatora yari ateganyijwe mu 2028 ashobora kwimurirwa mu 2030.
Uwo mushinga uteganya kandi ko Perezida yazajya atorwa n’Abadepite aho gutorwa n’abaturage bose. Leta ivuga ko izo mpinduka zigamije kugabanya amakimbirane n’umwuka mubi bikunze kuranga amatora.
Itegeko risaba ko izo mpinduka zemezwa binyuze muri kamarampaka. Hagati aho, Minisitiri w’Ubutabera, Ziyambi Ziyambi, yavuze ko abaturage bazahabwa iminsi 90 yo gutanga ibitekerezo bya bo mbere y’uko Inteko Ishinga Amategeko itora ku kwemeza cyangwa ku kwanga uwo mushinga.
Perezida Emmerson Mnangagwa yagiye ku butegetsi mu Gushyingo 2017, nyuma y’uko uwari Perezida w’icyo gihugu, Robert Mugabe, avuye ku butegetsi biturutse ku gitutu cya politiki n’uruhare rw’igisirikare.
Mnangagwa yongeye gutsindira manda ya kabiri mu matora yo mu 2023, ariko indorerezi mpuzamahanga zatangaje ko ayo matora yaranzwe n’ibibazo n’utubazo twinshi.

