Gambia: Ibura ry’amashanyarazi ryateye imyigaragambyo
Perezida wa Gambia, Adama Barrow, yasabye abaturage gutuza no kwihangana mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ibura rikabije ry’amashanyarazi, ryatumye bamwe bigabiza imihanda mu murwa mukuru Banjul no mu nkengero za wo.
Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, tariki ya 8 Nzeri 2026, abigaragambyaga batwitse amapine, bafunga imwe mu mihanda ndetse bamwe baririmba basaba Barrow kuva ku butegetsi. Polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso kugira ngo ibatatanye.
Iyi myigaragambyo yabereye ahantu hatandukanye, harimo hafi y’urugo rwa Perezida Barrow. Mu mujyi wa Farato, bamwe mu baturage bateraniye hafi y’urugo rwa Visi Perezida Mohammed B.S. Jallow, banangiza ibyapa by’ishyaka riri ku butegetsi nk’uko Reuters yabitangaje.
Abaturage bavuga ko hari uduce tumara amasaha agera kuri 48 tudafite amashanyarazi, bikabangamira ubucuruzi, imirimo yo mu rugo n’imikorere y’amavuriro. Hari n’abavuga ko ibiribwa bya bo byangirika kubera kudakoresha ibyuma bikonjesha.
Mu ijambo yagejeje ku gihugu, Barrow yavuze ko azi neza ingorane abaturage barimo, zirimo kurara mu bushyuhe, abana bigira mu mwijima n’imiryango yangirikirwa n’ibiribwa. Yavuze ko iki kibazo kitareba Gambia yonyine, kuko cyageze no ku bindi bihugu bihuriye ku muyoboro w’amashanyarazi wa Afurika y’Iburengerazuba.
Leta ivuga ko ikibazo cyatewe n’izamuka rikabije ry’abakenera amashanyarazi, kwangirika kwa zimwe mu mashini zitanga ingufu no kugabanuka kw’amashanyarazi akomoka ku mazi mu bihe runaka.
Barrow yasezeranyije ko amashanyarazi azaba yatangiye kuboneka neza bitarenze impera z’Ukwakira. Yatangaje ko hategerejwe imashini nshya zitanga amashanyarazi, mu gihe indi ifite ubushobozi bwa megawati 24 iri hafi gushyirwa mu ruganda rwa Brikama. Leta yanatanze isoko ryo kubaka uruganda rw’amashanyarazi akomoka ku zuba rwa megawati 50 i Soma.
Iki kibazo kibaye mu gihe Gambia yitegura amatora ya Perezida ateganyijwe mu Ukuboza, aho Barrow ashaka manda ya gatatu.
Something happening? Tip us at info@kigali24.com, phone +4745805214 or click the button here. You can also upload photos.



