AmakuruImikino

Perezida Samia ashaka kwamamaza CAN 2027 akoresheje Drogba

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yasabye icyamamare mu mupira w’amaguru Didier Drogba kuzaba ambasaderi w’icyo gihugu mu irushanwa ry’Igikombe cy’Afurika cya 2027 (CAN 2027), kizabera muri Tanzania ku bufatanye na Kenya na Uganda.

Aya makuru yatangajwe n’Ibiro bya Perezida nyuma y’uko Drogba yakiriwe mu biro bye biherereye i Dodoma, mu ruzinduko arimo muri Tanzania.

Perezida Samia yanamusabye gufatanya na Minisiteri Ishinzwe Siporo kugira ngo asangize ubumenyi n’ubunararibonye bwe ibigo byigisha ruhago muri iki gihugu, hagamijwe kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru.

Drogba yageze muri Tanzania ku wa Mbere w’ejo hashize, aho yari yatumiwe na Minisitiri Ushinzwe Siporo, Paul Makonda.

Uyu mugabo w’imyaka 48 afatwa nk’umwe mu bakinnyi b’indashyikirwa Afurika yagize. Yamenyekanye cyane akinira Chelsea FC yo mu Bwongereza, aho yatsinze ibitego 164, anayifasha kwegukana ibikombe bine bya Shampiyona y’Ubwongereza (Premier League) na bine bya FA Cup. Mu ikipe y’igihugu ya Côte d’Ivoire na ho yatsinze ibitego 65.

Uretse kuba icyamamare mu mupira w’amaguru, Drogba azwi kandi nk’intwari mu gihugu cye, aho yagize uruhare rukomeye mu kugarura amahoro mu gihe Côte d’Ivoire yari imaze igihe mu ntambara y’imbere mu gihugu.

Mu 2005, nyuma yo kubona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2006, yagaragaye kuri televiziyo asaba impande zari zihanganye gushyira hasi intwaro no kwitabira ibiganiro by’amahoro.

Irushanwa rya CAN 2027 rizabera mu bihugu bitatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, ari byo Tanzania, Kenya na Uganda, rikazatangira muri Kamena rikageza muri Nyakanga 2027.

Perezida Samia yaganiriye na Drogba amusaba kizamamaza CAN 2027 (Ifoto: Ibiro bya Perezida wa Tanzania)
Perezida Samia na Drogba (Ifoto: Ibiro bya Perezida wa Tanzania)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *