Akari ku mutima wa Grealish nyuma yo kubagwa
Jack Grealish yatangaje ko atari yiteze ko shampiyona ye isoza muri ubu buryo, nyuma yo kwemeza ko yabazwe kubera imvune yagiriye ku kirenge.
Uyu mukinnyi wo hagati w’imyaka 30, uri gukinira Everton ku nguzanyo avuye muri Manchester City, yavunitse ku wa 18 Mutarama uyu mwaka, mu mukino batsinzemo ikipe yahoze akinira ya Aston Villa igitego 1-0.
Mu gihe yamaze muri Everton muri uyu mwaka w’imikino, Grealish yakinnye imikino 22 mu marushanwa atandukanye, atsinda ibitego bibiri anatanga imipira itandatu yavuyemo ibitego.
Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Grealish yagize ati: “Sinashakaga ko shampiyona irangira gutya, ariko ni ko umupira w’amaguru umeze. Ndababaye cyane”.
Yongeyeho ati: “Uyu munsi nabazwe, none intego yanjye ni ugusubirana ubuzima bwiza. Nizeye ko nzagaruka meze neza kurushaho, nkomeye kandi niteguye kurusha uko nari meze mbere”.
Iyi mvune yashyize mu rujijo amahirwe Grealish yari afite yo kwitabira mu ikipe y’igihugu cy’Ubwongereza izakina igikombe cy’isi mu mpeshyi iri imbere.

