AmakuruImikino

Umunya-Ghana, Thomas Partey, wahoze akinira Arsenal yashinjwe ibyaha bishya bibiri byo gufata ku ngufu

Umukinnyi w’umupira w’amaguru Thomas Partey, Umunya-Ghana, wahoze akinira Arsenal yongeye gushinjwa ibindi byaha bibiri, aho undi mugore amushinja kumusambanya ku ngufu.

Ibi bibaye nyuma y’uko uyu mukinnyi w’imyaka 32 yari yamaze guhakana ibyaha bitanu byo gusambanya ku ngufu abagore babiri, ndetse n’icyaha kimwe cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yashinjwaga n’umugore wa gatatu. Ubu rero, umubare w’abamurega ugeze kuri bane.

Ibyaha bibiri bishya bivugwa ko byabaye mu 2020, bikaba byaragejejwe kuri polisi bwa mbere muri Kanama umwaka ushize, nyuma y’iperereza rishya ryakozwe. Biteganyijwe ko Partey azitaba urukiko rwa Westminster ku itariki ya 13 Werurwe ku bijyanye n’ibi birego bishya.

Uyu mukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Ghana yari yabanje kurekurwa n’urukiko rwa Southwark atanze ingwate, nyuma yo kwiregura ku byaha bitanu bya mbere avuga ko ari umwere. Ibyo byaha byari byabaye hagati ya 2021 na 2022, mu gihe yari agikinira Arsenal yo mu mujyi wa Londres.

Yashinjwe ku mugaragaro nyuma y’iminsi ine atandukanye n’Arsenal, ubwo amasezerano ye yari arangiye mu mpera za Kamena umwaka ushize. Iperereza kuri ibi byaha ryatangiye muri Gashyantare 2022, igihe polisi yahabwaga amakuru ya mbere amushinja gusambanya ku ngufu.

Inkuru dukesha BBC ivuga ko urubanza rwe ruteganyijwe kuzatangira kuburanishwa n’umucamanza wo mu rukiko rukuru ku wa 2 Ugushyingo uyu mwaka.

Kuva atandukanye na Premier League yo mu Bwongereza, Partey ubu akinira Villarreal yo muri Espagne, aho yasinyiye amasezerano y’umwaka umwe mu mpeshyi ishize, nyuma yo gutangira gukurikiranwaho ibi byaha.

Yari yageze muri Arsenal avuye muri Atletico Madrid mu 2020, aguzwe miliyoni 45.3 z’amapawundi, maze akina imikino 130 atozwa na Mikel Arteta.

Umwunganizi we mu mategeko, Jenny Wiltshire, aherutse gutangaza ko umukiriya we ahakana ibyaha byose aregwa.

Thomas Partey ubu akinira Villarreal yo muri Espagne
Partey yashinjwe ibyaha bishya bibiri bishingiye ku gufata ku ngufu

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *