Hamenyekanye ibimaze kugerwaho mu biganiro bihuza AFC/M23 na Leta ya Congo i Burayi
Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku masezerano yemeza Urwego Ruhuriweho EJVM ruzaba rurimo n’abahagarariye iri huriro mu kugenzura agahenge.
Umunyamakuru Steve Wembi, avuga ko iri Huriro AFC/M23 na Leta ya Congo basinye aya masezerano y’ubwumvikane.
Urwego Ruhuriweho n’impande zombi Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) ruzakora rugenzurwa n’ Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) barwise EJVM+
AFC/M23 izohereza abasirikare muri uru rwego EJVM+ rwo gukurikirana cyangwa kugenzura agahenge ko guhagarika imirwano.
EJVM+ izakorana na MONUSCO mu myiteguro yo gushyigikira amahoro n’umutekano mu bice bimwe na bimwe.
Aho ni mu mujyi wa Uvira wari warafashwe na AFC/M23 ikaza kuwurekura ku bushake bisabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu irekurwa ry’uyu mujyi AFC/M23 yari yasabye ko wagenzurwa n’ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, gusa ikimara kuwuvamo wahise wigabizwa n’abambari ba FARDC barimo Wazalendo na FDLR.
Ibi biganiro byimuriwe mu Busuwisi bivuye muri Qatar kubera ibibazo by’umutekano muke biri mu Burasirazuba bwo hagatI.
Qatar niyo ikomeje kuba umuhuza mukuru, Ubusuwisi bukaba bwarakiriye ibiganiro ku busabe bwa Qatar.

