AmakuruImikino

Kubera iki Perezida Kagame yashimiye PSG na Atlético de Madrid?

Perezida wa Paul Kagame yashimiye amakipe akomeye i Burayi akorana na gahunda ya Visit Rwanda, nyuma yo kwitwara neza mu marushanwa ya UEFA Champions League.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yagaragaje ko yishimiye cyane intsinzi n’intambwe bya Paris Saint-Germain (PSG), aho yavuze ko yitwaye neza kandi ikabona intsinzi ikwiye yayihesheje kugera muri 1/2 cy’irangiza (semi-finals). Yongeyeho ko ayifuriza amahirwe masa mu mikino iri imbere.

Si PSG yashimiwe gusa, kuko yanashimiye ikipe nshya yifatanyije na Visit Rwanda, ari yo Atlético de Madrid. Perezida Kagame yavuze ko iyi kipe yagaragaje umukino mwiza, ikabona intsinzi ikomeye yayihesheje kugera muri iki cyiciro gikomeye cy’iri rushanwa.

Ubu butumwa bwa Perezida Kagame bugaragaza uburyo u Rwanda rukomeje guteza imbere ubukerarugendo n’isura ya rwo binyuze mu mikoranire n’amakipe akomeye ku Isi, cyane cyane mu mupira w’amaguru, aho gahunda ya Visit Rwanda ikomeje kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Ibi kandi bishimangira umubano ukomeye uri hagati y’u Rwanda n’aya makipe, ndetse n’uruhare rw’imikino mu guteza imbere ubufatanye n’iterambere ry’ubukungu n’ubukerarugendo bw’igihugu.

Atlético de Madrid yatsinzwe na Barcelona ibitego 2-1, ariko kuko mu mukino ubanza yari yatsinze 2-0 bituma ikomeza ku kinyuranyo cy’igitego 1. (Ifoto yakuwe kuri interineti)
PSG yatsinze Liverpool ibitego 2-0, kandi no mu mukino ubanza yari yayitsinze 2-0 bituma ikomeza ku kinyuranyo cy’ibitego 4-0. (Ifoto yakuwe kuri interineti)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *