AmakuruImyidagaduroPolitikiShowbiz

Polisi yataye muri yombi Umu-YouTuber witwikiriye gushaka views agakwirakwiza ibihuha

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umusore wasakaye ku mbuga nkoranyambaga yumvikana avuga ko abamotari bari gutegwa bakicwa i Nyagatare, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha.

Polisi y’iguhugu yibukije abantu n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda gutangaza amakuru y’ibihuha nyuma y’uko kuri izi mbuga hasakaye amashusho y’umusore wambaye nk’abatwara abantu n’ibintu kuri moto avuga ko hari abantu bicwa muri Nyagatare.

Ni ubutumwa basakajwe ku rubuga rwa X n’uwitwa Wimbwirubusa bugira buti “Uyu mwana w’umuhungu witwa Mugisha Ghad, aratabaza igihugu n’Akarere ka Nyagatare ku iyicwa ririgukorerwa abamotari, byumwihariko mu murenge wa Rukomo.”

“Nyabuna inzego zibishinzwe mukurikirane iki kibazo n’ibindi avugamo, kuko ntabwo umuntu muzima ntabwo yavuga ibi abeshya.”

Ni ubutumwa bigaragara ko bwanditse ku wa 16 Mata 2026.Nyuma yaho ku itariki 17 Mata 2026 Polisi y’u Rwanda yasubije uwatangaje ubu butumwa umubwira ko uwo musore akurikiranyweho gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda bugira buti “Muraho,Turamenyesha ko aya makuru atari ukuri.”

“Uwabigizemo uruhare akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 39 y’Itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.”

Polisi yatanze inama “Tuributsa buri wese kwirinda gutangaza no gukwirakwiza ibihuha, kuko bihanwa n’amategeko.”

Umunyamakuru Oswald Oswakim yanyarukiye kuri X avuga ko uwatawe muri yombi ari umusore ukoresha urubuga rwa YouTube (umu’Youtuber).Ni ubutumwa avuga ko yabonye ahagana saa tatu z’amanywa ku wa 17 Mata 2026.

Yanditse agira ati “Ubutumwa nabuteye imboni 11:08 “Na wawundi wa YouTube turamufite arimo gusaba imbabazi ngo yashakaga followers. So far, I afite 10000 followers.”

Icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 39 y’Itegeko No 60/2018 ryo ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

Iyi ngingo ivuga ko Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *