Yishe batandatu bo mu muryango we mbere yo kwiyahura
Polisi yo muri Leta ya Lowa, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yatangaje ko abantu batandatu bishwe mu bitero by’amasasu bikekwa ko byaturutse ku makimbirane yo mu muryango.
Ukekwaho kurasa abo bantu, Ryan Willis McFarland w’imyaka 52 y’amavuko, na we yasanzwe yapfuye nyuma yo kwirasa, nk’uko Polisi yo mu Mujyi wa Muscatine yabitangaje.
Amakuru y’ibanze agaragaza ko abantu bishwe bose bashobora kuba bari bafitanye isano rya bugufi na McFarland, wari utuye muri uwo mujyi.
Umuyobozi wa Polisi ya Muscatine, Anthony Kies, yavuze ko uru ruhererekane rw’ubwicanyi rwabereye ahantu hatandukanye ku wa Mbere, arusobanura nk’“igikorwa cy’ubugome gikomeye.”
Polisi yatangiye gutabara nyuma yo guhabwa amakuru y’amasasu yarashwe nyuma gato ya saa sita. Igeze mu rugo rumwe, yahasanze abantu bane barashwe, bose bamaze kwitaba Imana.
McFarland yari amaze kuva aho byabereye mbere y’uko abapolisi bahagera. Nyuma y’igihe gito, bamusanze hafi y’ikiraro cy’abanyamaguru ku nkengero z’uruzi.
Abapolisi bavuga ko yari amaze kwirasa. Nubwo bagerageje kumuha ubutabazi bwihuse, byaje kwemezwa ko yapfiriye aho bamusanze.
Mu iperereza ryakurikiyeho, inzego zishinzwe ubugenzacyaha zasanze undi mugabo yapfiriye mu yindi nzu, na we bikekwa ko yari yarashwe.
Bakomeje iperereza, bagera no ku nyubako y’ubucuruzi aho basanze undi muntu wapfuye, na we bikekwa ko yishwe arashwe.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Polisi yavuze ko ibimenyetso bya mbere byerekana ko ubu bwicanyi bwatewe n’amakimbirane yo mu muryango.
Yongeyeho ko abantu bose bishwe bakekwa kuba bari abo mu muryango wa McFarland.
Polisi ntiratangaza amazina cyangwa imyaka y’abapfuye, ivuga ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane amakuru yose ajyanye n’iki cyago cyabaye muri Iowa.

