AmakuruImikinoSports

Rayon Sports ikomeje kuba insina ngufi imbere ya APR FC

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kuba insina ngufi imbere ya APR FC dore ko amaze igihe kinini idatsinda iyi kipe, uyu ubaye umukino wa karindwi itayitsindira muri Sitade Amahoro nshya ivuguruye.

Umukino wahuje amakipe yombe kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2026 wari uwo guhatanira Igikombe cy’Amahoro.

Uyu mukino warangiye APR FC itsinze Rayon Sports kuri Penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego kimwe kuri kimwe.APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro cya 2026 itsinze Rayon Sports penaliti 4-2, nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90.

Ikipe y’Ingabo yisubije iri rushanwa yari yegukanye mu 2025 na bwo itsinze Gikundiro.Rayon Sports igomba guhatanira umwanya wa kabiri muri Shampiyona kugira ngo irebe ko yazahagarira u Rwanda muri CAF Confederation Cup ya 2026/27.

Nyuma yo gutsinda uyu mukino kuri Penaliti Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude, yambuye micro ‘MC’, atangira kugira ati “Epi Epi Epi”, n’abafana bakamusubiza bagira bati “Epiyara [APR]”Ibyishimo by’abakunzi b’iyi kipe ni byose.Hagati aho Kwizera Olivier yicaye hasi ari kurira ndetse abaganga bagiye kumwitaho.

APR FC ni yo yari ifite iki gikombe kuko umwaka ushize yacyegukanye itsinze Rayon Sports 2-0.Rayon Sports iheruka icya 2023 ikaba yashakaga kwegukana iki gikombe kugira ngo yirinde ko umwaka wayo waba impfabusa.

Ku munota wa 41 Rayon Sports yahise ibona penaliti ku ikosa Hakizimana Adolphe yakoreye Ndikumana Asman wahise anayitera arayinjiza.

Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 1-0.APR FC yagarutse mu gice cya kabiri ishaka kwishyura ndetse binayihira hakiri kare ku munota wa 51, ubwo William Togui Mel yayitsindiraga igitego n’umutwe ku mupira wari uhinduwe na Cheikh Djibril Ouattara.

Umukino warangiye ari 1-1 bahita bitabaza penaliti.

Rayon Sports; Emery Bayisenge, Mugisha Didier bazinjije Kwizera Olivier yayihushije, Ndikumana Asman umunyezamu ayikuramo.

APR FC; Hakim Kiwanuka, Byiringiro Gilbert, Niyomugabo Claude na Denis Omedi bazinjije.

Benshi mu bakunzi ba Rayon Sports ntibishimiye kubona umunyezamu Kwizera Olivier atera penaliti, aho kuri iyi nshuro atahiriwe nk’uko byari byagenze kuri Police FC muri 1/4, ahubwo akayihusha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *