AmakuruPolitiki

Igihano Munyenyezi ushinjywa ibyaha bya Jenoside yasabiwe n’ubushinjacyaha n’icyo we abivugaho

Ku wa Gatatu tariki ya 22 Mata 2026, mu Rukiko Rukuru, ubushinjacyaha bwongeye gusaba ko igihano cyo gufungwa burundu cyahawe Béatrice Munyenyezi kigumaho, mu gihe uruhande rwe ruvuga ko ibimenyetso byatanzwe bidafite ishingiro.

Munyenyezi yajuririye icyemezo yafashwe mu 2024, aho yahamijwe ibyaha bine birimo gukora jenoside n’ubufatanyacyaha muri jenoside yakorewe i Butare. We akomeza guhakana ibyo ashinjwa.

Munyenyezi yagejejwe mu Rwanda mu 2021 avanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho yari yarakatiwe igifungo azira kubeshya inzego z’abinjira n’abasohoka.

Mu iburanisha ryo ku rwego rw’ubujurire ryabaye ku wa Gatatu w’ejo hashize, ubushinjacyaha bwashimangiye ko abatangabuhamya bashinja Munyenyezi batanze ubuhamya bushingiye ku byo biboneye kandi ko batibeshye ku muntu bavuga.

Mu byaha aregwa harimo kwica abantu bane akoresheje imbunda nto, gushyiraho bariyeri ziciwaho Abatutsi, ndetse no gushishikariza Interahamwe gusambanya abagore ku gahato mbere yo kubica.

Ubushinjacyaha bwagarutse cyane ku rupfu rw’umubikira bivugwa ko yafashwe ku ngufu n’Interahamwe muri Hoteli Ihuriro i Butare, nyuma Munyenyezi akaza kumwica amurashe, nk’uko umwe mu batangabuhamya yabitangaje mu rubanza rwabanje.

Ku ruhande rwe, abunganira Munyenyezi bavuze ko ubuhamya bumushinja burimo kutavuga rumwe no kuvuguruzanya, cyane cyane ku buryo n’igihe uwo mubikira yaba yariciwemo, n’ubwo bavuga ko babibonye kuri bariyeri.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko niba hari ukutavuga rumwe mu buhamya, byafatwa nk’utuntu duto tudahindura ukuri kw’ibyabaye, nko kutibuka neza amatariki.

Munyenyezi na we yigeze kwiregura avuga ko mu gihe cya jenoside yari atwite, ko atigeze ajya kuri bariyeri kandi ko nta ruhare yagize mu bwicanyi.

Uyu mugore, usanzwe ari umugore wa Arsène Shalom Ntahobali ndetse akaba umukazana wa Pauline Nyiramasuhuko, bombi bahamijwe ibyaha bya jenoside, yakunze kugaragaza ko ashinjwa ashingiye ku byo abo mu muryango we bakoze, nyamara we akavuga ko nta ho ahuriye na byo.

Kuri uyu wa Kane, rwahaye ijambo uruhande rwa Munyenyezi, mbere y’uko umwanzuro wa nyuma uzatangazwa ku itariki ya 30 Nyakanga 2026 nk’uko BBC yabitangaje.

Beatrice Munyenyezi ari kumwe n’abamwunganira mu mategeko (BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *