Kenya: Abantu bane bafashwe bakekwaho kwiba lisansi mu ndege
Abantu bane bafashwe bakekwaho kugerageza kwiba ibitoro by’indege ku kibuga cy’indege cya Wilson giherereye i Nairobi muri Kenya.
Aba bakekwa bafatiwe mu cyuho bagerageza gutwara litiro 800 z’ibitoro bari bamaze gukura mu ndege yari ihagaze kuri icyo kibuga.
Ikigo gishinzwe iperereza ku byaha muri Kenya (DCI) cyatangaje ko abo bantu bafashwe n’abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano ku kibuga cy’indege (KAPU), nyuma yo gukeka imodoka yabo ibikorwa bidasanzwe.
Abo bagabo batatu n’umugore umwe bari batwaye imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi Canter, bagerageje kwitwara nk’abari mu mirimo isanzwe yo ku kibuga cy’indege kugira ngo bayobye abapolisi, ariko barafatwa bataragera aho basohokera.

