Umuhanzikazi Katy Perry n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, bafashwe amafoto n’abapaparazzi ku wa Gatandatu basohokeye i Santa Barbara muri California.
Aba bombi bagaragaye basomana banahoberana cyane, Katy yari aryamye hejuru ya Trudeau.
Ibi byishimo ntibabisangiye bo ubwabo uko ari babiri gusa, kuko hari n’abana babo.
Muri bo harimo Daisy Dove (umukobwa w’imyaka 5 Katy yabyaranye na Orlando Bloom) hamwe n’undi muhungu muto n’undi mukobwa umwe.
Uru rukundo rwatangiye guhwihwiswa mu mpeshyi y’umwaka ushize (muri Nyakanga 2025), ariko ubu rugeze aharyoshye aho banabigaragaza ku karubanda.
Bwa mbere batangiye kugaragara barya ifunguro rya nimugoroba muri restoranto yitwa Le Violon muri Canada, icyo gihe bacyita “ubucuti busanzwe”.
Mu minsi mike ishize kuri 8 Kamena 2026, nibwo bwa mbere binjiye ku mugaragaro (Red Carpet Debut) i New York mu birori bya Tribeca Film Festival aho Trudeau yanamukoraho mu buryo bugaragaza urugwiro rwinshi.
Aba bombi binjiye mu rukundo nyuma yo gutandukana n’abo bari bamaranye igihe kirekire.Katy Perry yatandukanye n’umukinnyi wa filime Orlando Bloom mu mpeshyi ishize nyuma y’imyaka icumi bari bamaranye.
Justin Trudeau we nyuma yo kuva ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe muri Werurwe 2025, yari asanzwe yarandukanye n’umugore we Sophie Grégoire mu 2023 nyuma y’imyaka 18 babanye.



Ibitekerezo