Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar agiye kugezwa imbere y’inkiko
Andry Rajoelina wahoze ari Perezida wa Madagascar ategereje kwiregura ku birego byatanzwe n’urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko, aho ashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’abigaragambyaga barashwe n’inzego z’umutekano mbere y’uko ahungira hanze y’igihugu.
Andry Rajoelina azaburanishwa adahari kuko ari mu buhungiro kuva yahirikwa ku butegetsi mu Ukwakira 2025.
Rajoelina kandi aregwa gusahura umutungo w’igihugu no gutuma abaturage baguma mu bukene bukabije, hari n’iperereza rishya ryo muri Mata 2026 rishinja abantu ba hafi ye n’abahoze mu gisirikare cy’u Bufaransa kugerageza guhungabanya umutekano w’igihugu.
Hari n’ibirego byo kunyereza umutungo, ikoreshwa ry’amafaranga akoreshwa na leta ritavugwaho rumwe, hamwe n’ibyemezo yafashe mu gihe cya Covid 19.
Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera, Fanirisoa Ernaivo, uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Madagascar ashobora gutangira kuburanishwa n’inkiko n’ubwo yaba adahari.
Minisitiri yagize ati: “Nabajije Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko niba ukurega uwahoze ari perezida biri ku murongo w’ibyigwa. Yansubije ati” yego”.
Amatora y’Inteko Ishinga Amategeko ku kuba ibirego byashyikirizwa inkiko ni intambwe ya mbere iteganijwe mbere yo koherezwa mu Rukiko Rukuru rw’Ubutabera, urukiko rukumbi rufite ububasha bwo kuburanisha umukuru w’igihugu.
Minisitiri yijeje ko mu gihe amatora atagira icyo ageraho , guverinoma ishinzwe kongera kubaka igihugu ivuga ko ifite ubundi buryo izakoresha.
Muri Ukwakira 2025, Andry Rajoelina yambuwe ubwenegihugu bwa Madagascar kuko afite n’ubw’u Bufaransa, ibinyuranyije inzego zigaragaza ko binyuranyije n’amategeko y’icyo gihugu.
Inteko Ishinga Amategeko yamweguye ishingiye ku kuba yaratereranye inshingano akava mu gihugu.
Gufatira inshuti ze: Umujyanama we w’imena, Maminiaina Ravatomanga, yafatiwe mu Birwa bya Maurice aregwa kunyereza miliyoni zirenga 160 z’amadolari.

