Byinshi wamenya kuri Dr Semwaga wakatiwe n’urukiko
Urukiko rwo mu Mujyi wa Kigali rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Dr Emmanuel Semwaga, umuganga uzwi cyane mu Rwanda mu bijyanye no gufasha abafite ibibazo byo kubona urubyaro, mu gihe agikurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’akazi akora mu rwego rw’ubuvuzi.
Uyu muganga amaze ibyumweru bibiri afunzwe, aho akekwaho ibikorwa bifitanye isano na serivisi zo gufasha abantu batabona abana mu buryo busanzwe. Iburanisha ryerekeye niba yakurikiranwa afunze cyangwa adafunze ryabereye mu rukiko ku wa kabiri, ndetse igice kimwe cyabwo gikorerwa mu muhezo.
Dr Semwaga asanzwe ari umwe mu baganga bafite izina rikomeye cyane mu Rwanda mu kuvura no gukurikirana ibibazo by’ubugumba, cyane cyane hakoreshejwe uburyo bugezweho bwo gufasha gusama no gutera inda buzwi nka IVF, ndetse no gukurikirana gahunda zo gutwitira abandi (surrogacy).
Nubwo urwego rw’inkiko rwasabwe ibisobanuro birambuye ku byaha akurikiranyweho, kugeza ubu nta makuru arambuye rwari rwashyira hanze.
Uyu muganga w’inzobere mu ndwara z’abagore no kubyaza, yamenyekanye cyane igihe yakoreraga ibitaro bya La Croix du Sud biherereye i Remera, mbere yo kwimukira mu bindi bitaro byigenga aho yakomeje kubaka izina rikomeye mu gufasha imiryango yabuze urubyaro.
Amakuru ava mu bitaro akoreramo avuga ko ashobora kwakira abarwayi bagera kuri 50 ku munsi, benshi muri bo baba bashaka serivisi zijyanye no kubona urubyaro.
Mu mwaka ushize, u Rwanda rwashyizeho itegeko rigena uko serivisi zijyanye n’ubuzima bw’imyororokere zitangwa, harimo gutwitira abandi, gutanga cyangwa kwakira intanga z’abandi, ndetse n’amasezerano abigenga. Amakuru avuga ko ibyaha Dr Semwaga akurikiranyweho bifitanye isano n’izo serivisi nshya zemewe n’itegeko.
Ifungwa rye ryaciye igikuba mu bice bitandukanye by’igihugu no ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bakomeje kwibaza icyihishe inyuma y’uru rubanza rw’umwe mu baganga bazwi cyane mu gihugu.
Icyemezo cy’urukiko gisobanura ko Dr Semwaga azakomeza kuburana afunzwe muri gereza ya Kigali i Mageragere kugeza igihe urubanza ruzaburanwa mu mizi.

