Haïti na Turikiya byasezerewe mu gikombe cy’ Isi 2026

Haïti na Turikiya ni byo bihugu byabimburiye ibindi gusezererwa mu gikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutakaza imikino ibiri yo mu matsinda.

Turikiya yasezerewe mu matsinda nyuma yo gutsindwa na Paraguay igitego 1-0 cyatsinzwe na Matías Galarza.

Uyu mukino urimo n’umwihariko w’uko muri Turikiya hatanzwe itegeko ryo gufunga insakazamashusho zose ku munota wa 81 ngo bitabangamira abanyeshuri barenga miliyoni 2.4 bari mu bizamini.

Uyu mukino kandi wakoreshejwemo itegeko rishya muri iri rushanwa, aho Miguel Almirón wa Paraguay yeretswe ikarita itukura kuko yapfutse umunwa ari kubwira amagambo mugenzi we wa Turikiya Mert Müldür.

Haïti yo yasezerewe nyuma yo gutsindwa na Brésil ibitego 3-0. Ibi bitego byatsinzwe na Matheus Cunha (watsinze bibiri) ndetse na Vinicius Junior.

Iyi nsinzi yahise ifasha Brésil guhita ibona itike y’imikino ya 1/16.

Brésil yahise igira ibitego 241 mu mateka y’Igikombe cy’Isi, inyura ku Budage bumaze kwinjiza ibitego 239.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zakatishije itike yo gukina imikino ya 1//16 cy’imikino y’Igikombe cy’Isi nyuma yo gutsinda Australie ibitego 2-0 mu mukino wa kabiri wo mu matsinda wabereye kuri Seattle Stadium, kuri uyu wa 19 Kamena 2026.

Ibi bitego byatsinzwe na Cameron Burgess myugariro wa Australia witsinze igitego hakiri kare ku munota wa 11, mu gihe Alex Freeman yatsindiye Amerika igitego cya kabiri ku munota wa 43.

Ibitekerezo