AmakuruPolitiki

Ibiciro by’itoro byazamutse ku rwego rwo rutigeze rubaho kuva mu 2022

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse cyane kuri uyu wa Kane, nyuma y’amakuru agaragaza ko igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kiri gutegura kumenyesha Perezida Donald Trump ingamba nshya zishobora gukoreshwa mu guhangana na Iran.

Amakuru yatangajwe n’urubuga Axios avuga ko urwego rushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu karere ka US Central Command rwateguye umushinga w’ibitero byihuse ariko bikomeye, bigamije gushyira igitutu kuri Tehran kugira ngo ibiganiro byongere gutera imbere.

BBC yatangaje ko yagerageje kuvugana na US Central Command ndetse n’ibiro bya Perezida (White House) kugira ngo bagire icyo babivugaho, ariko nta gisubizo kiratangazwa.

Ku isoko mpuzamahanga, igiciro cya peteroli ya Brent cyazamutse hafi 7%, kirenga amadolari 126 Ku kagunguru—urwego rutari rwagezweho kuva mu 2022, igihe Uburusiya bwatangiraga intambara yeruye kuri Ukraine.

Iri zamuka ry’ibiciro riri guterwa n’uko ibiganiro by’amahoro biri kudindira, mu gihe n’inzira y’ingenzi y’ubwikorezi bwo mu nyanja inyura mu muhora wa Hormuz igikomeje guhura n’imbogamizi, bigatuma ubucuruzi bw’isi buhungabana.

Raporo ya Axios ishingiye ku makuru y’abantu batifuje gutangaza amazina ya bo, ivuga ko ibi bitero bishobora no kwibasira ibikorwa-remezo bikomeye.

Hari kandi indi gahunda ivugwaho yo kugenzura igice cy’uwo muhora wa Hormuz, hagamijwe kuwufungura burundu ku bwikorezi bw’ubucuruzi, ariko bikaba bishobora gusaba kohereza ingabo ku butaka kugira ngo bishoboke.

Ifoto y’umuntu uri gutanga igitoro kuri sitasiyo (GETTY IMAGES via BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *