Abana b’impinja barenga 500 bavutse mu gihugu cya Peru bitiriwe rutahizamu w’u Norvege, Erling Haaland, kubera ibitego n’ubuhanga budasanzwe yerekanye mu Gikombe cy’Isi cya 2026.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwandika abaturage muri Peru (Reniec) cyatangaje ko ababyeyi benshi bafashe uyu mwanzuro nyuma y’aho Erling Haaland yitwaye neza agafasha igihugu cye kugera mu cyiciro cya kimwe cy’ijana (Quarterfinals) bwa mbere mu mateka yacyo.
Ibi byemezwa na raporo y’Ibiro by’Irangamimerere muri Peru, igaragaza ko abana 468 bavutse muri iyi minsi hari kuba Igikombe cy’Isi, biswe rimwe mu mazina ya Erling Braut Haaland.
Ni mu gihe abagera kuri 91 bo bahawe amazina abiri ari yo Erling Haaland.
Abana 4 bahawe amazina arimo n’izina rya kabiri Erling Braut Haaland.
Umuvugizi w’Ibiro by’Irangamimerere, Ivan Torres, niwe wemeje ko abana benshi bo muri iki gihugu bari kuvuka bari guhabwa amazina y’uyu mukinnyi w’imyaka 25.
Erling Haaland yakinnye imikino ine mu Gikombe cy’Isi cya 2026, atsinda ibitego birindwi, akaba akurikira Kylian Mbappé na Lionel Messi bafite ibitego umunani ariko bakiri no mu irushanwa.
Uyu muvuduko w’amazina wikubye kabiri cyane cyane nyuma y’umukino Norvege yasezereyemo Brazil iyitsinze ibitego 2-1, aho Haaland ari we watsinze ibyo bitego byose.
Muri iki Gikombe cy’Isi, Haaland yari amaze gutsinda ibitego 7 mu mikino 4 gusa.
Muri Peru basanganywe umuco wo kwitirira abana babo ibihangange bya ruhago, aho basanganywe abasaga 3,694 bitwa Messi.Abana 33.809 bitiriwe Neymar Junior, n’abandi 1241 bitiriwe Christiano Ronaldo.
Urugendo rwa Norvege mu gikombe cy’Isi 2026 rwarangiriye i Miami, aho batsinzwe n’Ubwongereza ibitego 2-1 mu minota y’inyongezo (AET).Muri uyu mukino, Jude Bellingham ni we wabaye intwari y’Ubwongereza atsinda ibitego byose uko ari bibiri.
Erling Haaland yasoje iri rushanwa afite ibitego 7 byose, yahise asubira mu gihugu cyabo aho yakiriwe n’abafana basaga 100,000 mu mihanda y’i Oslo bishimira amateka mashya ikipe y’igihugu ikoze.

Erling Braut Haaland ni umwe mu bakinnyi bataha izamu bakomeje kwandika amateka mu mupira w’amaguru ku isi, akaba yaramenyekanye cyane kubera ingano ye, umuvuduko, n’uburyo buhambaye bwo gutsinda ibitego.
Yavutse ku wa 21 Nyakanga 2000 i Leeds mu Bwongereza.
Ni umuhungu wa Alf-Inge Haaland wari umukinnyi ukomeye w’umupira w’amaguru (wakiniye Leeds United na Manchester City) na Gry Marita Braut wari umukinnyi w’imikino ngororamingando.
Nubwo yavukiye mu Bwongereza, umuryango we wasubiye muri Norvege afite imyaka itatu, ari na ho yakuriye mu mujyi wa Bryne.
Nubwo yari afite uburenganzira bwo gukinira Ubwongereza kuko ari ho yavukiye, yahisemo gukinira Norvege.
Yatangiye umupira w’amaguru mu ikipe y’iwabo muri Norvege Bryne FK (2016–2017) akiri umwana, aho yazamuwe mu ikipe nkuru afite imyaka 15 gusa.
Akina muri Molde FK (2017–2019) yatojwe na Ole Gunnar Solskjær, wamufataga nk’umushakashatsi w’ibitego amufasha gukura cyane mu bijyanye no guhagarara neza mu rubuga rw’amahina.
Yakiniye Red Bull Salzburg (2019–2020) mu gihugu cya Austria ni naho isi yose yamuboneye.
Yabaye umukinnyi w’amateka utsinze ibitego mu mikino 5 yikurikiranya ya UEFA Champions League akiri umwangavu.
Yakiniye Borussia Dortmund (2020–2022) yo mu Budage akomeza gukora ibitangaza, aho yatsinze ibitego 86 mu mikino 89 gusa, anatsindira igikombe cya DFB-Pokal.
Kuri ubu aracyari muri Manchester City kuva mu 2022 mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza, mu mwaka we wa mbere (2022/23) atsinda ibitego 36 muri Premier League, anafasha ikipe kwegukana ibikombe bitatu (Premier League, FA Cup, na Champions League)

Ibitekerezo