Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Iran rivuga ko ryambuwe itike zagenewe abafana baryo mu mikino y’amatsinda y’Igikombe cy’Isi, habura iminsi mike ngo iryo rushanwa ritangire.
Irushanwa ry’Igikombe cy’Isi rihuza ibihugu rizabera muri Canada, Mexico na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, rikazatangira ku wa Kane tariki ya 11 Kamena 2026. Iran izakina na New Zealand ku wa 15 Kamena, ikurikizeho umukino n’Ububiligi ku wa 21 Kamena, iyi mikino yombi izabera i Los Angeles, mbere yo guhura na Misisi i Seattle ku wa 26 Kamena.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Iran (FFIRI) rivuga ko amategeko ya FIFA ateganya ko buri gihugu cyitabiriye irushanwa gihabwa 8% by’amatike y’umukino wa cyo kugira ngo ayagabanye abafana ba ryo.
Iri shyirahamwe rivuga ko ryari ryaratangiye kugurisha ayo matike, ariko ubu rikaba ritagishoboye kuyageza ku bafana, bamwe muri bo bari baramaze gutegura ingendo.
FFIRI yagize iti: “Kwambura abafana ba Iran uburenganzira bwa bo ku matike bagenewe mu buryo bwemewe n’amategeko ni igikorwa kinyuranyije n’amategeko agenga amarushanwa mpuzamahanga n’ihame ry’uburinganire hagati y’ibihugu byitabiriye”.
Yakomeje igira iti: “Ibi bibazo bitera ibibazo bikomeye bijyanye no kwivanga kw’ibindi bitari ibya siporo n’inyungu za politiki mu mitegurire y’irushanwa rikomeye kurusha ayandi ku isi”.
FFIRI yanasabye FIFA kubahiriza amahame y’ubudakemwa, ubutabera n’amategeko asanzwe agenga irushanwa.
Urujya n’uruza rwa Iran mu Igikombe cy’Isi rwagiye ruhura n’imbogamizi zitandukanye zijyanye n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati n’impungenge z’umutekano.
Ku wa 25 Gicurasi, Iran yimuye aho ikipe yitorezaga iva Tucson muri Arizona ijya i Tijuana muri Mexico, ivuga ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanze kuyakira neza.
Nk’uko amabwiriza ya viza ya bo abiteganya, bagomba kujya muri Amerika ku munsi w’umukino wa buri mukino wa bo uko ari itatu, bakahagera bakawuvamo nyuma.
Nyuma y’ibyumweru bike, ku wa 6 Kamena, Iran yashinje Amerika kwanga guha viza bamwe mu bagize abakozi b’ikipe ya bo, aho abagera kuri 15 batemerewe kwinjira.
FFIRI yari yarashyikirije FIFA urutonde rw’ibisabwa 10 kugira ngo yemererwe kwitabira iryo rushanwa, harimo no kwemerera abakinnyi n’abatoza bakoze imirimo ya gisirikare mu mutwe wa Revolutionary Guard (IRGC).
Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Marco Rubio, yavuze ko abakinnyi ba Iran bazemererwa kwitabira irushanwa, ariko abantu bafite aho bahurira n’uyu mutwe wa IRGC bashobora kwangirwa kwinjira.
Iran ni cyo gihugu cyonyine kitigeze kigaragara mu nama ngarukamwaka ya FIFA yabereye i Vancouver muri Mata, nyuma y’uko intumwa za yo zanze kwemererwa kwinjira ku mupaka wa Canada.

Ibitekerezo