Mu Busuwisi hateganyijwe ibiganiro bikomeye hagati ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Irani, mu gihe Irani yatangaje ko yongeye gufunga Umuhora wa Hormuz nyuma y’ibitero Israel yagabye mu majyepfo ya Libani. Icyakora, igisirikare cy’Amerika cyahakanye ayo makuru, kivuga ko urujya n’uruza rw’amato muri uwo muhora rugikomeje nk’uko bisanzwe.
Irani ivuga ko yafashe uwo mwanzuro mu rwego rwo kwihimura ku bitero bya Israel byahitanye abaturage muri Libani, ikavuga ko ibyo bitero byishe amasezerano yo guhagarika imirwano yari aherutse kugiranwa hagati ya Tehran na Washington.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, Visi Perezida w’Amerika, JD Vance, yahagurutse i Washington yerekeza mu Busuwisi aho azitabira ibiganiro biteganyijwe gutangira kuri iki Cyumweru. Ku ruhande rwa Irani, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mohammad Bagher Ghalibaf, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araghchi na bo bamaze kugera muri icyo gihugu.
JD Vance yavuze ko yizeye ko ibiganiro bizatanga umusaruro ku bibazo birebana na gahunda ya nikleyeri ya Irani ndetse no guhagarika intambara muri Libani. Yagize ati: “Turashaka ko Israel na Libani byombi bigera ku mutekano n’ituze. Icyo ni cyo kigamijwe n’ibi biganiro.” Na ho umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Irani, Esmail Baghaei, yavuze ko igihugu cye kizashimangira ko impande zose zubahiriza inshingano za zo.
Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, na we ategerejwe muri ibyo biganiro, aho Pakistan ikomeje kugira uruhare nk’umuhuza hagati y’Amerika na Irani. Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ibihugu byombi byari byashyize umukono ku masezerano y’agahenge agamije guhagarika imirwano, harimo n’iyo muri Libani, ndetse byiyemeza gukomeza ibiganiro mu minsi 60 iri imbere kugira ngo bigere ku masezerano arambye.
Nubwo hari ayo masezerano, imirwano hagati ya Israel na Hezbollah iracyakomeje. Ku wa Gatandatu, abantu nibura 47 bishwe mu bitero byo mu kirere bya Israel muri Libani, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima y’icyo gihugu. Israel ivuga ko yibasiye ibirindiro 80 bifitanye isano na Hezbollah ndetse yica abarwanyi benshi ba yo, ariko na yo ikemera ko abasirikare bane ba yo baguye muri iyo mirwano.

Hezbollah ivuga ko ibitero bya Israel byari bigamije gusubiza inyuma amasezerano y’Amerika na Irani, mu gihe Washington yanenze gukomeza kugabwa kw’ibyo bitero. Minisiteri y’Ubuzima ya Libani ivuga ko kuva imirwano yongeye kubura muri Werurwe uyu mwaka, abantu barenga 4,057 bamaze kwicwa.
Ishami ry’ingabo zirinda Impinduramatwara ya Kisilamu muri Irani (IRGC) ryatangaje ko ibitero bya Israel byishe amasezerano yo guhagarika imirwano, bityo Umuhora wa Hormuz wari warafunguwe nyuma y’ayo masezerano ukaba wongeye gufungwa. Ingabo zirwanira mu mazi za IRGC zaburiye amato atwara peteroli kutegera uwo muhora, zivuga ko umutekano wa yo utizewe.
Umuhora wa Hormuz ni inzira y’ingenzi inyuramo hafi 20% bya peteroli icuruzwa ku isi. Irani ishinja Amerika kurenga ku ngingo ya mbere y’amasezerano yo guhagarika imirwano, isaba guhagarika ibikorwa bya gisirikare ku mpande zose, harimo no muri Libani.
Nyuma y’itangazo rya Irani, umuvugizi wa CENTCOM, Tim Hawkins, yavuze ko urujya n’uruza rw’amato rukomeje nk’uko bisanzwe kandi ko Amerika ikomeje gukurikiranira hafi uko ibintu byifashe. Yongeyeho ko Irani itagenzura Umuhora wa Hormuz. CENTCOM yatangaje ko ku wa Gatandatu amato y’ubucuruzi 55 yanyuze muri uwo muhora atwaye peteroli irenga utugunguru twa miliyoni 17.
Gusa amakuru y’ikoranabuhanga asesengura ingendo z’amato yagaragaje ko ku wa Gatandatu amato atanu gusa atwara peteroli ari yo yanyuze muri uwo muhora, mu gihe andi menshi yasubiye inyuma cyangwa ahindura inzira.
Irani yari yafunze burundu Umuhora wa Hormuz nyuma y’uko Amerika na Israel bitangije intambara kuri icyo gihugu ku wa 28 Gashyantare, ibintu byahungabanije cyane isoko rya peteroli ku rwego mpuzamahanga.

Ibitekerezo