Abacuruzi babarirwa mu magana bafunze amaduka yabo mu Mujyi wa Nairobi kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Kanama 2026, bigabiza imihanda bamagana uburyo bushya Ikigo cy’Imisoro cya Kenya (KRA) cyashyizeho mu kugena agaciro k’ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga.
Imyigaragambyo yatangiriye mu duce dukorerwamo ubucuruzi bwinshi, turimo Nyamakima, Gikomba na Kamukunji. Abayitabiriye berekeje ku cyicaro cya KRA kiri muri Times Tower, bashaka kugeza ku buyobozi impungenge batewe n’izamuka ry’ikiguzi cyo kwinjiza ibicuruzwa muri Kenya.
Polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya ubwo bari bageze mu mihanda yo hagati mu murwa mukuru. Amaduka menshi yo ku mihanda irimo Luthuli Avenue, Tom Mboya Street n’indi yo mu mujyi rwagati yagumye afunze. Bamwe muri ba nyira yo bifatanyije n’imyigaragambyo, mu gihe abandi bayafunze kubera gutinya ko umutekano washoboraga kuzamba. Polisi ntiyahise igira icyo itangaza ku ikoreshwa ry’ibyuka biryana mu maso.
Intandaro y’iyi myigaragambyo ni icyemezo cya KRA cyo kuzamura agaciro fatizo ikoreshwa mu kubara imisoro ku bikoresho bitandukanye bipakiwe muri kontineri imwe ya metero 40. Ako gaciro kavuye kuri miliyoni 2.5 k’amashilingi ya Kenya kagera kuri miliyoni 3.2, ni ukuvuga ko kiyongereyeho amashilingi 700,000 cyangwa 28%.
Icyakora, miliyoni 3.2 z’amashilingi si umusoro uhoraho wishyuzwa kuri buri kontineri, nk’uko bamwe babivuze. Ni agaciro fatizo KRA iheraho mu kugenzura no kubara imisoro ku bicuruzwa bihurijwe muri kontineri. Iyo agaciro nyako k’ibicuruzwa karenze ayo mafaranga, uwabitumije asabwa kukagaragaza, imisoro ikabarwa hakurikijwe agaciro kabyo n’ubwoko bwa byo.
KRA yavuze ko ubwo buryo bwatangiye gukurikizwa ku wa 20 Kanama, bugamije kurwanya abatangaza agaciro kari munsi y’ako ibicuruzwa bya bo bifite kugira ngo bishyure imisoro mike. Iki kigo kivuga ko iyo mikorere idahombya Leta gusa, ahubwo ibangamira abacuruzi bubahiriza amategeko n’inganda zo muri Kenya, kuko ibicuruzwa bitumijwe bishobora kugurishwa ku biciro biri hasi mu buryo budakurikije ihangana riboneye.
Abacuruzi bato bo bavuga ko nubwo aya mafaranga ari agaciro fatizo, kuyazamura bizongera imisoro n’ikiguzi cyo kuvana ibicuruzwa ku cyambu. Benshi bahuriza ibicuruzwa byabo muri kontineri imwe kugira ngo basaranganye ikiguzi cy’urugendo, cyane cyane ku bitumizwa mu Bushinwa.
Muturi Kariuki, umwe mu bitabiriye imyigaragambyo, yavuze ko bahagurukiye kurengera uburenganzira bwabo bwo gukora no kubaka ahazaza habo. Abacuruzi bavuga ko amafaranga y’inyongera ashobora kugabanya inyungu, gutuma bamwe bagabanya ibikorwa cyangwa bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa bishyurwa n’abaguzi.
Bamenyesheje ko bashobora gukomeza gufunga amaduka no kwigaragambya buri wa Gatanu, mu gihe KRA na Guverinoma ya Kenya byaba bitaratangiza ibiganiro bigamije kongera gusuzuma ubu buryo bwo kugena agaciro k’ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga.

Ibitekerezo