Umunyamideli Kim Kardashian ntiyishimiwe n’abakunzi b’umukino wa Formula 1 nyuma y’uko hasakaye amashusho ku mbuga nkoranyambaga agaramo yirengagiza umunyamakuru Martin Brundle ufatwa nk’umunyabigwi mu marushanwa ya F1.
Mu mashusho yasakajwe Kim Kardashian agaragara yirengagiza ibibazo bya Martin Brundle yamubajije byose .
Uyu munyamideli yamwirengagije mu buryo bugaragara, ntiyabisubiza na kimwe ahubwo akavugisha abandi bantu bari kuruhande undi ntiyamwitaho.
Umunyamakuru w’inararibonye wa Sky Sports F1, Martin Brundle, yegereye Kim Kardashian amubaza ati: “Kim umeze ute uyu munsi?” n’icyo atekereza kuri F1.
Kim yaramurebye, amwenyura gake, hanyuma ahita yihindukirira akomeza kwiganirira n’uwo bari kumwe.
Brundle yagerageje kumubaza nanone ati: “Ese uri kwishimira F1?” ariko Kim ntiyigeze amwitaho habe na gato.
Brundle yaje kubivamo maze abwira abari bamukurikiye kuri televiziyo ati: “Kim na Khloé, uyu munsi ntabwo bari kuvuga. Nari nzi ko wenda bavuga.”
Ibi byabaye ku wa 7 Kamena 2026 aho uyu munyamideli w’imyaka 46 y’amavuko yari yagiye gushyigikira umukunzi we Lewis Hamilton muri ‘Grand Prix’ y’i Monaco yari igeze ku munsi wa Kabiri.
Kim Kardashian yari yaje gushyigikira umukunzi we Lewis Hamilton, umushoferi w’icyamamare bakundana kuva uyu mwaka wa 2026 watangira.
Iri siganwa rya Monaco ryaje kurangira Hamilton yegukanye umwanya wa kabiri, naho umusore w’imyaka 19 w’Umutaliyani, Kimi Antonelli, aba ari we wegukana umwanya wa mbere.
Imyitwarire ya Kim Kardashian yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga aho benshi bamunenze cyane (backlash) bigera naho bamutuka.
Benshi mu bakunzi ba F1 bavuze ko ibi bitari bikwiye kubera ko Martin Brundle ari umunyabigwi (legend) mu mukino wa F1 kandi ko abaje muri uyu mukino bakwiriye nibura kubahana no kumusubiza.
Kim Kardashian yiyongeye ku rutonde rw’ibindi byamamare nka Cara Delevingne na Usher na bo bigeze kwirengagiza uyu munyamakuru mu marushanwa yashize




Ibitekerezo