Liberia: Uwahoze ari Visi Perezida mu mazi abira

Uwahoze ari Visi Perezida wa Liberia, Jewel Howard-Taylor, yashyizweho ibyaha birimo gucuruza ibiyobyabwenge no kunyereza amafaranga, mu iperereza rigamije gutahura urusobe mpuzamahanga rw’abacuruza ibiyobyabwenge.

Minisiteri y’Ubutabera ya Liberia yatangaje ko Howard-Taylor yafatiwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Roberts ubwo yari agiye kuva mu gihugu, ahita ajyanwa ku cyicaro gikuru cya Polisi ya Liberia.

Uyu munyapolitiki w’imyaka 63 akurikiranyweho kwinjiza mu gihugu, kugurisha, gukwirakwiza no gutwara ibiyobyabwenge bigenzurwa nta ruhushya. Hari kandi gucuruza ibiyobyabwenge, gushishikariza abandi icyaha, korohereza abagikora, kugambana no kunyereza amafaranga.

Howard-Taylor yari ataragira icyo avuga ku byaha ashinjwa. Umunyamategeko we yavuze ko nta bisobanuro yatanga mbere y’uko umukiriya we agezwa imbere y’urukiko, agasomerwa ibirego ku mugaragaro.

Ibi byaha birebana n’iperereza ryagutse nyuma y’uko muri Nyakanga 2026 inzego z’umutekano za Liberia zifashe ibiro 3,971 bya kokayine mu mujyi wa Duazon, mu burasirazuba bwa Monrovia. Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Gregory Coleman, yavuze ko yari ifite agaciro ka miliyoni 317.68 z’amadolari, ikaba yari igenewe kujyanwa i Burayi. Reuters yatangaje ko muri icyo gikorwa hafashwe abanyamahanga babiri.

Abategetsi banashyizeho ibyaha abandi banyamahanga batatu batarafatwa: Abanya-Croatia babiri, Nikolai Ivancic na Mihovil Vrovac, hamwe n’Umunya-Ukraine, Tara Zaderieko. Liberia yatangaje ko izakoresha inzira zo mu gihugu n’iz’amahanga kugira ngo bashakishwe.

Howard-Taylor yabaye Visi Perezida wa Liberia kuva mu 2018 kugeza mu 2024, ari kumwe na Perezida George Weah. Mbere ya ho yari Senateri uhagarariye Intara ya Bong.

Howard-Taylor ni uwahoze ari umugore wa Charles Taylor, wayoboye Liberia kuva mu 1997 kugeza mu 2003. Charles Taylor yakatiwe imyaka 50 y’igifungo n’urukiko mpuzamahanga kubera uruhare yagize mu byaha by’intambara byakorewe muri Sierra Leone.

Associated Pressyatangaje ko Leta ya Liberia yasezeranyije ko iperereza rizakorwa nta vangura cyangwa kwivanga kwa politiki. Ibyaha Howard-Taylor ashinjwa biracyari ibirego; urukiko ni rwo ruzemeza niba abihamwa cyangwa ari umwere.

Jewel Howard-Taylor wahoze ari Visi Perezida wa Liberia yafatanywe Kokayine. (Ifoto: EXECUTIVE MENSION)

Ibitekerezo