Rutahizamu w’ikirangirire ku isi, Lionel Messi, yatsinze ibitego bitatu (hat-trick) bituma Argentina itangira neza urugendo rwo kurinda igikombe cy’Isi itsinda Algeria, ndetse anandika amateka mashya mu mupira w’amaguru.
Muri uwo mukino wabereye kuri Stade ya Kansas City, Messi yakinnye umukino wa 200 mu ikipe y’igihugu cye, anagera ku bitego 16 mu mikino y’Igikombe cy’Isi, bingana n’umubare wari ufitwe n’Umudage Miroslav Klose nk’umukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa.
Argentina yatsinze ibitego 3-0, ariko byasabye imbaraga nyinshi kugira ngo ibigereho. Messi yafunguye amazamu ku munota wa 17, mbere yo kongeramo ikindi ku munota wa 60 nyuma y’ikosa ry’umunyezamu Luca Zidane, umuhungu wa Zinedine Zidane. Yasoje ibirori atsinda igitego cya gatatu ku munota wa 76, aba atsinze “hat-trick” ye ya mbere mu Gikombe cy’Isi. Uyu mukino wanatumye Messi aba umukinnyi wa mbere ugaragaye mu marushanwa atandatu y’Igikombe cy’Isi.
Iyi ntsinzi yahaye Argentina intangiriro nziza mu Itsinda J, nyuma y’uko mbere itari yarigeze itsinda umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi nk’ikipe ifite igikombe giheruka. Messi, ugeze ku myaka 38 kandi hafi kuzuza 39, yongeye kwerekana ko agifite ubushobozi budasanzwe, ndetse aba n’umukinnyi ukuze kurusha abandi watsinze “hat-trick” mu mateka y’Igikombe cy’Isi. Argentina izakurikizaho imikino izayihuza na Austria na Jordan, mu gihe amaso yose azakomeza kuba kuri Messi ushaka gufasha igihugu cye kwegukana igikombe cya kane cy’Isi.



Ibitekerezo