Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza agiye kwegura

Hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer, ashobora gutangaza gahunda yo kuva ku buyobozi bw’ishyaka Labour no ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe guhera ku wa Mbere.

Nubwo Starmer yari yarakomeje kuvuga ko atazegura kandi ko yiteguye guhangana n’abamurwanya mu ishyaka rye, mu minsi ibiri ishize ibintu byahindutse cyane muri guverinoma. Abantu benshi bo mu buyobozi bwa Labour basigaye bemera ko ashobora gutangaza igihe azava ku butegetsi vuba cyane.

Minisitiri ushinzwe Ubucuruzi, Peter Kyle, yabwiye BBC ko Starmer azakora icyiza kurusha ibindi ku gihugu, anongeraho ko ari gutekereza ku bibazo bimuremereye ndetse n’ukuri kw’imiterere ya politiki y’ubu.

Abadepite benshi ba Labour bavuga ko ikibazo gikomeye atari ishyaka ubwa ryo, ahubwo ari Starmer ku giti cye. Bemeza ko atagikunzwe n’abaturage kandi ko ari we uri gutuma ishyaka ridatera imbere. Intsinzi ikomeye ya Andy Burnham mu matora ya Makerfield yakajije umurego w’abifuza impinduka ku buyobozi.

Mu minsi ishize, abadepite benshi ndetse n’abaminisitiri bakomeye batangiye gusaba Starmer kwegura. Kuba bamwe mu bayobozi bakomeye nka Yvette Cooper, Shabana Mahmood na Heidi Alexander bavuga ko agomba kugenda ariko bagakomeza kuguma muri guverinoma, ni ikimenyetso cy’uko ububasha bwe bwagabanutse cyane.

Kuri ubu, Andy Burnham ni we uvugwa cyane nk’ushobora gusimbura Starmer. Mu gihe Starmer yakwegura mu minsi iri imbere, ikibazo gikurikiraho ni ukumenya niba hazabaho amatora nyakuri yo gushaka umusimbura cyangwa niba Burnham ashobora kugera ku buyobozi adahanganye n’abakandida benshi.

Hari impaka kandi ku gihe umusimbura wa Starmer yakinjirira ku butegetsi. Bamwe bashaka ko Burnham yatangira kuyobora hafi y’inama nkuru ya Labour izaba muri Nzeri, mu gihe abandi bavuga ko gutegereza amezi atatu byahungabanya imikorere ya guverinoma.

Ikindi kibazo kiri kuvugwa cyane ni uwo Burnham yashyira ku mwanya wa Minisitiri w’Imari. Amazina ya Ed Miliband na Shabana Mahmood ni yo akunze kuvugwa, nubwo amakuru mashya agaragaza ko Mahmood ashobora kuguma ku nshingano ze zisanzwe.

Mu mpera z’iki cyumweru, Burnham n’abo bakorana bahisemo guceceka kugira ngo baha Starmer umwanya wo gutekereza ku hazaza he nyuma y’ibyavuye mu matora ya Makerfield. Gusa ibimenyetso bikomeje kwiyongera ko hari icyemezo gikomeye gishobora gufatwa mu minsi mike iri imbere, kikagira ingaruka zikomeye ku Ishyaka Labour ndetse no ku Bwongereza muri rusange.

Andy Burnham (ibumoso) ni we uhabwa amahirwe yo gusimbura Starmer

Ibitekerezo