Ibizamini bya DNA byagaragaje ko mu bana 25 bitirirwa umuhanzi w’icyamamare muri Uganda nyakwigendera Prince Paul Job Kafeero, bane muribo nibo bahuje isano y’amaraso (DNA).
Ibi bizamini bije nyuma y’imyaka itari mike uyu muhanzi yitabye Imana, ndetse nyuma y’urupfu rwe havutse amakimbirane akomeye mu muryango we ashingiye ku murage, aho abantu 25 bose biyitiriraga ko ari abana be.
Kugira ngo ikibazo gikemuke, urukiko rwategetse ko hasuzumwa ibipimo by’akaremanyingo (DNA).
Ibipimo bya DNA byasohowe na Laboratwari ya Polisi ya Uganda byemeje bidasubirwaho ko abana b’abahungu batatu n’umukobwa umwe ari bo gusa bafitanye isano y’amaraso na Paul Kafeero.
Abo bana barimo Simon Peter Kafeero, Thomas Swaz Kafeero, Benedicto Kafeero, na Elizabeth Nagawa.
Abandi bantu 21 basigaye bari bariyise abana be, ibipimo byagaragaje ko atari abana nyakwigendera yabyaye.
Ku wa 1 Kamena 2026 nibwo umurambo wa Paulo Kafeero, wataburuwe kugira ngo hafatwe ibipimo bya gihanga bizwi nka ADN kugira ngo hakemurwe ibibazo by’abana basaga 25 bavuga ko ari abe.
Igikorwa cyo kumutaburura cyakozwe hashingiwe ku cyemezo cy’urukiko, cyemezwa na Balaam Barugahara umunyapolitiki ariko wamenyekanye cyane mu myidagaduro mu myaka yatambutse aho yavuze ko ari intambwe ikomeye mu gukemura ikibazo kimaze igihe kirekire mu muryango wa Kafeero.
Barugahara yavuze ko itsinda ry’inzobere mu buvuzi bw’ibimenyetso (pathologists) riyobowe na Dr Byaruhanga ari ryo ryacukuye umurambo rikanakusanya ibipimo bya ADN hakurikijwe amabwiriza y’urukiko n’uburyo busanzwe bukoreshwa mu bugenzacyaha.
Yagize ati: “Umubiri wa Paulo Kafeero umaze gutabururwa muri iki gitondo hagamijwe gufata ibipimo bya ADN, igikorwa cyari kimaze imyaka irenga 20 kidakemuka cyatangiye gushyirwa mu bikorwa. Umuryango umaze igihe kinini mu makimbirane ashingiye kuri iki kibazo, bityo uyu munsi ukaba ari intambwe ikomeye mu rugendo rwo kumenya ukuri.”
Akomeza ashimira abagize uruhare muri icyo gikorwa barimo urukiko, abagize umuryango, inzobere mu bugenzuzi bwa ADN ndetse na Uganda Police Force.
Ati: “Nshimiye abantu bose bagize uruhare mu itegurwa n’imigendekere myiza y’iki gikorwa, nishimiye kandi kuba narafashije mu buryo bwuzuye iki gikorwa mu nyungu z’ubutabera, ukuri no kubungabunga ubwumvikane mu muryango.”
Nyakwigendera Prince Paul Job Kafeero (yavutse ku ya 12 Nyakanga 1970 – yitaba Imana ku ya 17 Gicurasi 2007) afatwa nk’umwe mu bahanzi b’abahanga mu mateka y’umuziki wa Kadongo Kamu muri Uganda.
Azwi cyane nka “Golden Boy of Africa” kubera uruhare rukomeye yagize mu muco n’indirimbo zifite amagambo yihariye.
Uyu mugabo azwi mu ndirimbo zirimo Dipo Naziggala yo mu 2003 Indirimbo isetsa ariko inenga imyitwarire n’akamenyero k’abanywi b’inzoga muri Uganda.
Iyi ndirimbo yamuhesheje igihembo cy’indirimbo nziza ya Kadongo Kamu mu birori bya Pearl of Africa Music Awards (PAM Awards).
Yasize alubumu 21 zikubiyeho indirimbo 83, zirimo izizwi cyane nka Lucia, Omwana w’Omuzungu, Buladina, n’izindi
Mu mwaka wa 1994, yatsindiye umudari wa zahabu mu iserukiramuco rya muzika rya Cairo (Cairo Music Festival) mu Misiri, agihabwa n’ikigo cy’Abafaransa cyitwa Institute d’Etudes Theatreales.
Icyo gihe yatsinze mu cyiciro cy’abaririmbyi bakuru ahigika abahanzi barenga 6,000 bari baturutse muri Afurika yose.
Ubwo yari afite imyaka 16 gusa mu mwaka wa 1987, yashinze itsinda rye rya mbere rya muzika ryitwaga Pluto Boys, gusa nyuma yaje kuyobora andi matsinda akomeye nka Kulabako Guitar Singers.
Paul Kafeero yitabye Imana afite imyaka 36 n’amezi 10 gusa, yazize uburwayi bwa Malaria ndetse n’ibibazo by’umwijima agwa mu bitaro bya Mulago i Kampala.
Igihe yapfaga, yari arimo kwitegura kwihimbaza imyaka 20 yari amaze mu muziki.

Ibitekerezo