Nicki Minaj na Trump: ubutumwa bwavugishije benshi

Umuririmbyikazi w’icyamamare mu njyana ya Rap, Nicki Minaj, yashimiye Perezida w’Amerika Donald Trump ku isabukuru ye y’amavuko yuzuza imyaka 80. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, bwabonywe n’abarenga miliyoni eshanu, yanditse ati: “Isabukuru nziza y’imyaka 80, Bwana Perezida!”, anasangiza abakunzi be ifoto bari kumwe.

Iyi sabukuru ya Trump yaje mu gihe hari hamaze gutangazwa amasezerano y’ibanze agamije guhagarika intambara yari imaze amezi hagati y’Amerika, Israel na Iran. Trump yabaye Perezida wa kabiri w’Amerika ugejeje imyaka 80 akiri ku butegetsi, nyuma ya Joe Biden.

Ku Cyumweru cy’ejo hashize, Trump yizihije isabukuru ye yitabira irushanwa rya UFC ryabereye muri White House. Mbere gato y’icyo gikorwa, yatangaje ko amasezerano yo guhagarika intambara muri Iran yamaze kugerwaho, anemeza ko Amerika igiye gukuraho zimwe mu ngamba yari yarafatiye Iran ndetse ko Umuyoboro wa Hormuz ugiye kongera gufungurwa.

Mbere y’iyo ntambara, Umuyoboro wa Hormuz wanyuzwagamo hejuru ya 20% by’ibikomoka kuri peteroli na gaz bikoreshwa ku Isi. Gusa Iran yari yaragabanyije cyane urujya n’uruza rw’amato awunyuramo nyuma y’ibitero yagabweho.

Uko Trump yizihije iyi sabukuru kwe kwagaragaje itandukaniro rikomeye n’uburyo Biden yizihijemo imyaka 80 mu 2022, aho habaye ibirori byoroheje byitabiriwe n’abagize umuryango we gusa muri White House. Umuvugizi wa White House, Allison Schuster, yavuze ko kwakira irushanwa rya UFC muri White House ku Munsi w’Ibendera ry’Amerika no mu gihe igihugu cyitegura kwizihiza imyaka 250 kimaze kibayeho, ari uburyo bukwiye bwo kwizihiza uwo munsi udasanzwe.

Nicki Minaj na Donald Trump bari mu gikorwa cya “Mutarama” cyabereye i Washington DC muri uyu mwaka. (Getty Images)

Ibitekerezo