TikTok na sosiyete iyibyara, ByteDance, byemeye kwishyura Leta Zunze Ubumwe z’Amerika miliyoni 400 z’amadolari, ni ukuvuga hafi miliyari 590 Frw, kugira ngo birangize ikirego byashinjwagamo kutubahiriza ubuzima bwite bw’abana bakoresha urwo rubuga.
Aya masezerano yatangajwe ku wa Gatanu w’ejo hashize, tariki ya 21 Kanama 2026, akaba ari mu bwumvikane bw’amafaranga menshi bwigeze kubaho muri Amerika ku birego byo kuvogera amakuru bwite y’abana kuri murandasi.
Ikirego cyari cyaratanzwe na Minisiteri y’Ubutabera y’Amerika mu 2024, ku butegetsi bwa Perezida Joe Biden. TikTok na ByteDance byashinjwaga gukusanya no kubika amakuru bwite y’abana bari munsi y’imyaka 13 batabiherewe uruhushya n’ababyeyi ba bo.
Abashinjacyaha bavugaga kandi ko TikTok itagenzuraga bihagije imyaka y’abafungura konti, ndetse rimwe na rimwe ntisibe konti z’abana nubwo ababyeyi babaga babisabye.
Ibyo byafatwaga nko kunyuranya n’itegeko ry’Amerika rirengera ubuzima bwite bw’abana kuri murandasi, rizwi nka COPPA. Iri tegeko risaba imbuga n’ibigo bikorera kuri murandasi kubanza kubona uruhushya rw’umubyeyi mbere yo gukusanya amakuru bwite y’umwana uri munsi y’imyaka 13.
Mu masezerano mashya, TikTok na ByteDance bizahita byishyura Minisiteri y’Ubutabera miliyoni 300 z’amadolari. Andi miliyoni 100 z’amadolari azatangwa nyuma yo gusesa amasezerano yemejwe n’urukiko mu 2019 hagati ya Leta y’Amerika na Musical.ly, urubuga rwaje guhinduka TikTok.
Musical.ly yari yaraciwe amande ya miliyoni 5.7 z’amadolari nyuma yo gushinjwa kurenga ku itegeko rya COPPA. Yari yarategetswe kandi gushyiraho uburyo bwo gusaba uruhushya rw’ababyeyi ku bana bari munsi y’imyaka 13.
Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko kuva ikirego cya TikTok cyatangira, uru rubuga rwakoze impinduka zikomeye mu micungire ya rwo, mu kurinda amakuru bwite no mu kugenzura imyaka y’abarukoresha. Harimo gukoresha uburyo buhambaye bwo gutahura konti z’abana batujuje imyaka no kongera abakozi bashinzwe kuzigenzura.
Stanley Woodward Jr, Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Amerika, yavuze ko aya masezerano ari intambwe ikomeye mu kurushaho kurinda abana n’imiryango ya bo igihe bakoresha murandasi.
Aya mande aruta kure miliyoni 170 z’amadolari YouTube yishyuye mu 2019 ndetse na miliyoni 275 z’amadolari Epic Games yaciwe mu 2022 kubera ibirego bifitanye isano no kutubahiriza ubuzima bwite bw’abana.
Iki cyemezo gifashwe mu gihe Meta, nyiri Facebook na Instagram, na yo iri kuburanishwa n’intara 29 z’Amerika. Izo ntara ziyishinja gukusanya amakuru y’abana batagejeje ku myaka 13 itabanje kubona uruhushya rw’ababyeyi no gukora imbuga zigamije gutuma urubyiruko ruzihoraho. Meta ihakana ibyo birego.
Amasezerano ya TikTok aje kandi nyuma y’aho ibikorwa bya yo muri Amerika bishyizwe mu kigo gishya, gifitwemo imigabane myinshi n’abashoramari bo muri Amerika. ByteDance yasigaranye imigabane iri hafi ya 20%.
Gusa nubwo bimeze bityo, TikTok ntiyahise itangaza icyo ivuga kuri aya masezerano.

Ibitekerezo